RFL
Kigali

La Fouine na Riderman bashimangiye ko bashinze imizi: Ibyaranze igitaramo cyahurijwemo bibiri, abarimo Angel Mutoni na Ariel bashimisha abitabiriye-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:3/07/2022 11:01
0


Umuraperi w’umufaransa La Fouine yanyuze abitabiye bajyanaga nawe ijambo kurindi, n’ubwo bwose aririmba mu gifaransa mu gitaramo cyahurijwemo bibiri, nyuma y’uko icyari bube none kuwa 03 Nyakanga 2022 ku munsi wo gusoza iserukiramuco rya African In Color gisubiswe.



Igitaramo kiri mu byari bitegerejwe na benshi muri iyi mpeshyi kitabiriwe, aho kuva ku isaha ya saa 18:00 abantu wabonaga batangiye kwiyongera muri Car Freezone ahantu hamaze kumenyerwa mu kwakira ibirori n’ibindi bikorwa bigari. Byabaye amahire basanga abahanzi bari buririmbe kuwa 02 Nyakanga bitabiye bose, ndetse biyongeraho abo kuwa 03 Nyakanga 2022 babuzemo Kenny Sol na Magic System yo muri Cote D’Ivoire yanabaye imbarutso yo kubihuza.

Umu Dj w’umukobwa ni we wabanje gushyushya abitabiriye, nyuma Kate Gustave umunyamakuru wamamaye mu biganiro by’imyidagaduro wari umushyushyarugamba ku isaha 19:28 afata uruvugiro, atangira gushyushya mbere y’uko Dj Shooter atangira kuvangira abantu umuziki.

Nyuma y’uko abantu bari  bakomeje kuryoherwa n’uburyo Dj Shooter avanga umuziki, ku isaha ya 19:50 Angel Mutoni uri mu bahanzikazi bacye batanga icyizere cy’uko umuziki nyarwanda uzagera igihe ugafata bugwate isi [kubera uburyo aririmbamo anarapa kandi mu ndimi zitandukanye], yahawe umwanya.

Angel Mutoni yabashije kunyura abanyabirori bari bitabiriye ku bwinshi, ndetse mu bahanzi bose banyuze ku rubyiniro uyu mukobwa ari mu ba mbere batanze uburyohe bwo hejuru mu ndirimbo zirimo “Let Loose” n’izindi zinyuranye nka na “U Remind Me” ya Usher.

Chrissy Hat yahamagawe ku rubyiniro saa 20:25 aririmba indirimbo zitandukanye zirimo Diva, anafata umwanya asogongeza abakunzi be bari bitabiye ku bwinshi indirimbo nshya, irimo inkuru itaka umwari amuhamiriza ko ubwiza bwe bwatumye azinukwa abandi bose kuri ubu ariwe asigaye akunda wenyine.

Ku isaha ya 21:01 hahise hakurikiraho umuhanzi Okkama, umuhanzi kuva yakwinjira mu muziki utarakora indirimbo ngo ibure igikundiro mbega uri mu  bihe bye byiza, wasusurukije abantu bajyanaga nawe ijambo kurindi mu ndirimbo zose. Ku isaha ya saa 21:07 yunganirwa n’umuraperi Mistaek na Yuhi Mic.

Bidatinze Kate Gustave yahyize ivi hasi ku isaha ya saa 21:07, avuga ko aha icyubahiro umuhanzi agiye guhamagara wavuye mu ntara iyo ariko agafata bugwate imitima y’abanyamujyi, abanyarwanda n’abanyamahanga, Afrique. uyu musore ukiri muto yinjiranye n’ababyinnyi bamufashishije agaragarizwa urukundo rwo hejuru n’abafana, anaririmbira abitabiye indirimbo ye itarajya hanze, yitwa ‘Amarangamutima’ yakoranye n’umugande aho aherutse.

Umwamikazi w’igisekuru gishya cy’umuziki, Ariel Wayz nk’uko Kate Gustave yabivuze, yageze ku rubyiniro ku isaha ya 21:50 anyura abafana ageze ku ndirimbo “Good Luck” aheruka gushyira hanze abwira abafana ko ari indirimbo bakwiye kujya batura abakunzi babo batandukanye, akaba na we ubwe yarayikoze ashingiye ku nkuru ye y’urukundo na Juno Kizigenza batandukanye.

Bidatinze Papa Cyangwe na we yahawe umwanya ku isaha ya 22:10, maze yifashishije ubuhanga bwe n’ibihangano bye bikundwa n’abatari bacye anyura abanyabirori. Ajya gusoza yahamagaye ku rubyiniro umuvandimwe we uri mu bihe byiza, Chris Eazy wahise akomerezaho ku isaha ya 22:33 mu bihangano bye birimo “Amashu” na “Inana”. Uyu musore uyoboye urutonde rw’abahanzi bakunzwe cyane ku rubuga rwa Youtube muri iyi minsi mu Rwanda, ari no mu bahanzi bazi gukoresha igihe neza kandi bakishimirwa cyane.

Ku isaha ya 22:39 Riderman wongeye gushimangira ko ari umwami w’injyana ya Hip Hop kandi ari inararibonye ku rubyiniro kandi agifite igikundiro, yageze ku rubyiniro yinjirira muri Freestyle, ibintu byahagurukije abantu bitari byigeze mbere. Yari ari kumwe na Karigombe, umwe mu baraperi beza b’ikiragano gishya bakunda kuba bari kumwe mu bikorwa bitandukanye.

Nyuma y’uko Riderman kuva ku munota wa mbere kugera kuwa nyuma agaragaje ko ari umuhanga kandi agashyigikirwa cyane ku buryo yavuye ku rubyiniro abantu ukibona ko bakimucyeneye, ibintu byahinduye isura abantu batangira kuvugira hejuru bati La Fouine! Uyu muraperi uri mu ba mbere bakomeye ku isi, by’umwihariko ni umwami wa Hip Hop y’igifaransa, yahaye ibyishimo abantu ku rwego rwo hejuru.

N’ubwo aririmba mu gifaransa kandi abantu benshi bo mu Rwanda bazwiho kuba bazi icyongereza, ariko ntibyabujije kuba yaririmbanaga na buri umwe bigaragaza ko ibihangano bye byamaze kwinjira mu mitima ya buri wese. Asoza yahamije ko yishimiye uko yakiriwe, ashima Perezida Paul Kagame kubwo guteza imbere u Rwanda, avuga ko kandi nagera mu rugo azahamiriza buri wese ko igihugu cy’u Rwanda ari cyiza.

Byari ibyishimo ku banyamujyi b'abanyabirori

Abafana baririmbaga banabyina kuva ku munota wa mbere kugera kuwa nyuma


Angel Mutoni ni we wabimburiye abandi ku rubyiniro


Yagaragaje ko ashoboye


Mutoni ni umuririmbyi n'umuraperi mwiza


Chris Hat yasogongeje abakunzi be indirimbo nshya 

Akanyamuneza kari kose ku banyabirori b'i Kigali

Umuhanzikazi Kaya Byinshi ari mu bitabiriye kandi bahageze kuva kare


Okkama yashimishije abanyabirori


Yuhi Mic na Mistaek baje gufasha Okkama 


Afrique yaririmbye nyinshi mu ndirimbo zirimo 'Amarangamutima' yitegura gushyira hanze

Afrique yazanye n'ababyinnyi

Kate Gustave ni we wari umushyushyarugamba

Aimable Twahirwa ari mu baje kwihera ijisho iki gitaramo

Miss Aurore Kayibanda uri mu Rwanda na we ntiyacikanwe


Ariel Wayz yashimangiye ko ari umwamikazi w'umuziki w'ikiragano gishya

Umuhanzikazi Babo ari mu bari bitabiriye 


Papa Cyangwe yigaragaje bigiye kure

Dj Shooter ni we wavanze umuziki kuva ku munota wa mbere kugera kuwa nyuma


Chris Eazy umaze kuba ikimenyabose kubera ibihangano bye no gukoresha neza igihe ku rubyiniro yataramiye abataramyi bishyira cyera


Riderman yongeye gushimangira ko ari umwami wa Hip Hop n'abanyabirori


Karigombe yari agaragiye Riderman ku rubyiniro


Dj wa La Fouine yavanze umuziki ananyuzamo injyana ya Chris Eazy


La Fouine yambikwa imyambaro nyarwanda mu muziki w'indirimbo ya Chris Eazy

Vasti Jackson uri mu bikomerezwa byitabiriye African In Color yacurangiye La Fouine

Umukobwa wa La Fouine 

La Fouine n’umukobwa we bazanye mu Rwanda ubwo yarasoje igitaramo

AMAFOTO:SANGWA JULIEN-INYARWANDA





 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND