RFL
Kigali

Mu Bwongereza: Umugore yahitanywe n’iturika rya Gaze

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:27/06/2022 12:07
0


Urwego rushinzwe kuzimya umuriro ni rwo rwemeje ko umugore yabonetse yapfiriye mu nzu yasenyutse mu iturika rya gaze ryabereye i Birmingham. Iri turika rya gaze ryabereye ahitwa Dulwich Road, Kingstanding, mu ijoro ryo ku Cyumweru mbere gato ya saa 8h30 z'ijoro.



Kuri ubu umugabo umwe watabawe muri iri turika, ari mu bitaro nubwo ubuzima bwe nawe buri mu kangaratete. West Midlands Fire Service (WMFS) yemeje ko umurambo w’umugore wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere. Polisi yo mu burengerazuba bwa Midland yavuze ko iturika ryasenye inzu imwe kandi ryangiza cyane izindi nyinshi ndetse n’imodoka zari hafi aho.

Kuri iki cyumweru, abaturage basobanuriye ibiro ntaramakuru PA uburyo bakuragamo imyanda yaka umuriro, hari n’umukungugu mwinshi, bareba ko hagira bimwe mu bikoresho baramura nyuma gato y’iturika. Ni bwo bakuyemo umuntu wakomeretse cyane ariko ari muzima mu matongo y’inzu yaturikiwemo na gaze.

Muri aka gace kandi havanywemo abandi bagabo bane bakomeretse byoroheje ariko bo bavurirwa aho. Kuva kuri uyu wa Mbere saa yine za mu gitondo, serivisi ishinzwe kuzimya umuriro yavuze ko hari intambwe imaze guterwa aho byabereye kandi hakaba hari gukoreshwa drone kugira ngo hamenyekane ahantu haba hari abandi babuze cyangwa ibindi bikoresho.

WMFS yavuze ko iri gukorana na Polisi ya West Midlands, Ambulance ya West Midlands, Gas Cadent na Grid National kugira ngo iki kibazo gikemuke vuba.


Iri turika ryabaye ryangije ibintu byinshi.


Src: Rhyl Journal





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND