RFL
Kigali

Mwarakoze! Dj Dizzo yagarutse mu Rwanda kuharangiriza ubuzima, ashima Perezida Kagame-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:25/06/2022 1:00
3


Imyaka 17 yari ishize Mutambuka Derrick [Dj Dizzo] ufite ubuhanga mu kuvanga imiziki, adakandagira mu Rwanda, aba mu Bwongereza n’umuryango we.



Ni imyaka asobanura ko itari yoroshye, ariko kandi yiyunguye ubumenyi, agira inshuti ndetse abasha kuhatangirira urugendo rwasize arotoye inzozi zo kuba Dj.

Niho yize amashuri abanza, ayisumbuye ndetse na Kaminuza, anahakorera ibitaramo binyuranye nka Dj kugeza kucyo aheruka yahakoreye mu minsi ishize.

Iki gitaramo yagikoze asezera ku bafana be n’abakunzi b’umuziki babanye, kuko yari amaze iminsi abwiwe n’abaganga ko asigaje iminsi 90 yo kubaho.

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, yahagurutse mu Mujyi wa London mu Bwongereza afata indege ya Rwandair, agera mu Rwanda ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo ku wa Gatanu.

Uyu musore yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali, ari kumwe na Se umubyara ndetse na murumuna we. Yakiriwe n’inshuti.

We n’umuryango we bahise bajya kuba mu nkengero z’ubusitani bwa Rugende, aho Se w’uyu musore yubatse inzu.

INYARWANDA yasuye Dj Dizzo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. Yavugaga ko hakonje nko mu Bwongereza, ariko akavuga azagenda amenyera, ari nako agerageza kwisanisha n’ubuzima bw’i Kigali, harimo nko gutunga simcard nshya ya telefoni n’ibindi.

Ni umusore uganira kandi ugaragaza ko atacitse intege, n’ubwo iminsi y’ubuzima iri kugenda ivaho. Afite icyizere cyo kurenza iyi minsi ashingiye ku buvuzi yahawe.

Dj Dizzo yarwaye kanseri yafashe mu muhogo, mu gice cy’amagufwa yegereye ikibuno n’ahandi.

Yavuze ko akimara kumenya ko yarwaye cancer kandi bidashoboka ko yavugwa agakira, yasabye ababyeyi be kumufasha akarangiriza ubuzima bwe mu Rwanda.

Ati “Nabwiye Papa nti rero iwacu n’ubwo twahavuye hameze neza, ariko ubu ngubu haracyameze neza. […] N’ubu umbajije niba narafashe icyemezo cyiza cyo kuza mu Rwanda nakubwira ngo yego! Kubera ko gupfira mu mahanga, kuzana umurambo wawe […] Haba hari uburyo bubiri, ni ukugushyingura cyangwa se bakaguhamba hariya kandi kuzana umurambo birahenda cyane.”

Akomeza ati ‘Ndamubwira nti ndashaka gutaha mu Rwanda [Abwira Se] kuko mu Bwongereza nta kintu mpasigaje.”

Hari kopi y’isuzuma ryakozwe n’umwe mu baganga bakurikiranye Dj Dizzo, avugamo ko iyi ‘cancer’ yihuse cyane mu mubiri w’uyu musore ku buryo bitorohereye abaganga kuyivura.

Mu 2018 ubwo yari afite imyaka 19 y’amavuko nibwo yamenye ko afite ‘cancer’ yo mu muhogo, ahabwa ubuvuzi bushoboka nyuma y’amezi atatu asubira mu buzima busanzwe.

Muri Mata 2021 mu gihe cya Covid-19, yatangiye kumva uburibwe ku nda. Mu Ukuboza 2021 bamukorera isuzuma, basanga yafashwe na 'Cancer' ku magufwa ari hejuru y’ikibuno ateye mu buryo bumeze nka ‘vola’ y’imodoka [Niko amagufwa ameze].


Abaganga baramurangaranye

Tariki 4 Mata 2022, nibwo abaganga babwiye Dj Dizzo ko asigaje iminsi 90 yo kubaho. Yavuze ko abaganga bamurangaranye, cancer itakabaye yarageze aho yageze ubu.

Uyu musore yavuze ko ibizamini yakorewe mu bihe bitandukanye, byagiye bigaragaza uko cancer yagiye ikura mu mubiri we kuva ku gufata hafi y’umuhogo, mu rutirigongo kugeza ku magufwa ari hejuru y’ikibuno.

Avuga ko byatangiye abaganga bamubwira ko afite ikibazo cy’umugongo, bamwandikira siporo agomba kuzajya akora-Arabikurikiza.

Nyuma bamushyize ku miti y’umugongo ayimaraho umwaka wose, mu gihe ubundi ngo mu busanzwe utagomba kurenza amezi abiri uyikoresha.

Dizzo avuga ko hari igihe cyageze bamushyira mu cyumba cy’abantu bategereje gupfa, nyuma y’uko bamubwiye ko badashobora kuvura cancer cyeretse hari amagufwa y’ukuguru bakuyemo.

Ati “Nagiye ahantu hajya abategereza gupfa. Nahamaze iminsi isoza umwaka yose. Noneho mpageze hashize icyumweru baravuga bati rero nta kintu twagufasha kuko aho cancer iri bisaba y’uko twakubaga, kandi aya magufwa tukayakuramo, kandi aya magufwa ni ahuza akaguru.”

Yavuze ko icyo gihe abaganga bahise bamubwira ko asigaje amezi 12 yo kubaho.  Avuga ko ku nshuro ya mbere bamubwira ko agiye gupfa byari bigoye kubyiyumvisha, bitewe n’uko atari kumwe n’umuryango we ubwo yabibwirwaga.

Ati “Hari igihe umuntu aguha igisubizo cyangwa se umwanzuro utashakaga, ariko kubera ko ari uko bimeze ukavuga uti ni ibitangaza by’Imana bizabikora.”

Dizzo yavuze ko ariko icyizere cy’ubuzima cyagarutse nyuma y’uko bamuhaye umuganga ubaga, amubwira ko afite ubushobozi bwo kumubaga ariko amubwira ko abikoze akaguru ke katakongera gukora neza, yajya acumbagira.

Uyu musore yavuze ko kuri we yumvaga ntacyo bitwaye kuba bamubaga akagenda acumbagira.

Avuga ko uwo muganga baherukana ubwo kuko atongeye kumubona ukundi. Ni mu gihe yamubwiraga ko nyuma yo kumubaga hazashira ibyumweru bitatu agasubira mu rugo ab’iwabo bagatangira kumwitaho.

Ati “Kuko ubuzima burahenze muvandimwe. Habayeho uburangare bw’abaganga, bari bamfite, bari bazi aho ndi, sinigeze mbura. Ntibigeze banshaka ngo bambure. Ntabwo bavuga ngo twashatse kugukurikirana turakubura. Ni uburangare!”

Yavuze ko ubwo ku wa 4 Mata 2022, abaganga bamubwiraga ko asigaje iminsi 90 yo kubaho, Se yahise ahagarika akazi kugira ngo amwiteho.

Dizzo avuga ko yishimiye kugaruka mu Rwanda, agashima buri wese wamubaye hafi muri ibi bihe.

Yanashimye Perezida Paul ndetse na RwandAir ku kuntu bamufashije mu rugendo rwe. Ati “Ntabwo nshimira abasitari gusa cyangwa se abandi babishyize ku mbuga nkoranyambaga, ndashimira Abanyarwanda bose na ba Diaspora.”

Akomeza ati “Ariko bigeze mu rugendo rwo kuza aha ngaha, ndashimira Nyakubahwa Perezida Kagame, ndashimira na Leta cyane cyane na RwandAir, kuko kuva mu Bwongereza kugeza hano byari ibintu byiza, byoroshye.”

Yanashimye abarimo The Ben, Meddy, Dj Pius n’abandi. Ati “Ni abantu benshi, uvuye kuri The Ben, Meddy, Kitoko, ni abantu benshi byarenze n’u Rwanda.”

Dizzo yavuze ko mu gihe cy’iminsi irindwi amafaranga yari akenewe kugira ngo agaruke mu Rwanda yahise aboneka, ndetse aranarenga. Anashima itangazamakuru ryamukoreye ubuvugizi muri iki gihe cy’uburwayi bwe. Ati “Mwarakoze kuba mwarangejeje mu rugo.”

Mu 2015 ubwo yari afite imyaka 17 y’amavuko, nibwo Dizzo yatangiye umwuga wo kuvanga imiziki. Icyo gihe ariko nta bikoresho n’ubumenyi yari afite kuri uyu mwuga.

Byamusabye kubanza gushaka ibikoresho no gusoza amasomo y’ishuri kugira ngo yinjire mu kibuga azi ibyo agiye gukora.

Yatangiye akora ‘mixtape’ y’indirimbo z’umuhanzikazi Ciney, ‘mixtape’ yakubiyeho indirimbo zitandukanye harimo n’iyo guha icyubahiro Jay Polly witabye Imana, n’izindi. 

Dizzo yagarutse mu Rwanda kuharangiriza ubuzima nyuma y’uko abaganga bamubwiye ko asigaje iminsi 90 yo kubaho 

Dizzo yavuze ko The Ben, Meddy, Kitoko, Dj Pius, Davis D n’abandi bamubaye hafi cyane mu burwayi

 

Dizzo yashimye sosiyete ya RwandAir yamufashije mu rugendo rwe kugeza ageze mu Rwanda 

Dj Dizzo yatangaje ko ashaka gukorera igitaramo mu Rwanda, kandi ko hari abantu bari kuganira bazamufasha

 

Dizzo yavuze ko abaganga bamurangaranye, kuko hari uwari wamwijeje ko azamubaga agakira 


Aho Dj Dizzo ari kuba n'umuryango we i Rugende 

 

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DJ DIZZO NYUMA YO KUGARUKA MU RWANDA

 ">

AMAFOTO: Nathanael Ndayishimiye

VIDEO: Iradukunda Jean de Dieu&Serge






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ingabire sabine1 year ago
    Amazina singobwa gusa uyumuvandimwe wacu mumubwireko ago abaganga bagarukiye Imana ihari kandi ishobora byose mumubwire anyarukire muruhango kwayezu nyirpunhwe azamukiza hari isengesho ryogusabira abarwayi riba kuwakane ndamwimginze azageyo murakoze
  • Emm1 year ago
    Imana niyo ifite ubuzima bwawe mukiganza cyayo muhungu mwiza!abaganga bareke wizere Imana kuko na nyuma ya zero irakora.wibuke Umwami Hezekia ko yongerewe imyaka 15 kubuzima bwe kd naweyariyabwiwe amagambo nkayo Imana iragukunda yizere.
  • G tamie1 year ago
    Uwo mwana namugira inama yo kwakira agakiza..akakira yesu Christo watsinze urupfu na kuzimu..yamukiza Burundu..we ntiyongera iminsi mike ahubwo aguha ubuzima buhoraho..rwose nakoreshe amahirwe afite yakire agakiza yesu akiza indwana zananiranye nimana ishobora ibyo abana babantu bananiwe ndetse bashyizeho nakadomo...rwose ndamwingize niyakire agaki,a yesu aramukiza





Inyarwanda BACKGROUND