Uruganda ‘Skol Brewery Ltd Rwanda’ rwenga ibinyobwa, rwateguye ibitaramo rwise ‘Big Show’ bigamije gufasha abitabiriye Inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma Commonwealth izwi nka CHOGM n’abanyamujyi gususuruka.
Ibi bitaramo biratangira kuri uyu wa
Kane tariki 23 Gicurasi 2022 ku Gisimenti. Umuraperi Bull Dogg afatanije n’umuhanzi
Social Mula nibo baza gufungura ibi bitaramo bizajya bitangira mu masaha y’umugoroba
kugeza mu masaha akuze y’ijoro.
Skol yateguye ibi bitaramo binyuze mu
kinyobwa cya ‘Skol Pulse’. Iki kinyobwa gikozwe mu binyampeke n’ibindi birimo
igihingwa cya ‘Hops’.
Ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022,
ibi bitaramo bizaririmbamo abahanzi bubakiye umuziki wabo ku njyana ya Trappish
ikundwa cyane n’urubyiruko.
Ni mu gihe ku wa Gatandatu tariki 25
Kamena 2022, Dj Pyfo afatanyije na Dj Brianne ari bo
bazasusurutsa abazasohokera ku Gisimenti.
Ibi bitaramo bizasozwa ku Cyumweru
tariki 26 Kamena 2022, aho hazaririmba abahanzi bubakiye umuziki wabo ku njyana
ya Kinyatrap.
Umuyobozi Ushinzwe Itangazamakuru
muri SKOL, Tuyishime Karim [Khenziman], yabwiye INYARWANDA ko Skol yateguye ibi
bitaramo mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda gususuruka by’umwihariko abitabiriye
inama ya CHOGM iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere.
Ati “Ni uruhererekane rw’ibitaramo
bigamije gufasha abitabiriye CHOGM gususuruka no kwishimira ibyiza bitatse u
Rwanda. Ni igihe cy’impeshyi, kandi SKOL igira uruhare mu gufasha abanyarwanda
n’abandi kubona ibyo kunywa ariko banasusuruka.”
Tuyishime yavuze ko muri ibi bitaramo
hazajya haba hari ikinyobwa cya Skol Pulse n’ibindi binyobwa by’uru ruganda.
Amakuru avuga ko hari n’ibindi
bitaramo SKOL iri gutegura yatumiyemo abahanzi mpuzamahanga bizajya bibera
ahantu hatandukanye muri Kigali.
Uruganda rwa Skol rusanganywe ku isoko ibinyobwa Skol Malt, Skol 5, Virunga Mist, Virunga Gold, Skol Canette, Skol panachen a Skol Lager.
Skol yateguye ibitaramo ‘Big show’ bizabera ku Gisimenti mu gihe cy’iminsi ine
Umuraperi Bull Dogg uherutse gusohora album yise ‘Kemotheraphy’ agiye gutaramira abitabiriye CHOGM
Social Mula wakunzwe mu ndirimbo z’urukundo nka ‘Ma Vie’ agiye gususurutsa abanyamujyi n’abitabiriye inama ya CHOGM
TANGA IGITECYEREZO