RFL
Kigali

Rafael York azabasanga muri Afurika y'Epfo, gahunda y'uko abakinnyi b'Amavubi bakina hanze bazagera mu Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:25/05/2022 8:56
0


Abakinnyi 21 bahamagawe mu Amavubi bakina hano mu Rwanda baraye batangiye imyitozo, mu gihe abakina hanze bo bazahagera mu byiciro bitandukanye.



Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi aherutse guhamagara abakinnyi 28 bagomba kwitegura imikino 2 y'amatsinda yo gushaka tike y'igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d'Ivoire aho tariki 2 bazakina na Mozambique muri Afurika y'Epfo, naho tariki 7 bakine na Senegal i Huye.

Kuri uyu wa kabiri ni bwo abakinnyi bagera kuri 21 bahamagawe bakina hano imbere mu gihugu batangiye umwiherero uri kubera kuri La Palisse.

Abakinnyi bakina imbere mu gihugu batangiye umwiherero

Abandi bakinnyi bakina hanze nabo gahunda yabo yagiye hanze aho Rafael York atazagera mu Rwanda kuko biteganyijwe ko azahura n'abandi muri Afurika y'Epfo tariki 30 Gicurasi umukino uzaba tariki 2.

Manishimwe Emmanuel na Manzi Thierry bakina muri Maroc biteganyijwe ko bazagera mu Rwanda tariki 26 Gicurasi ku isaha ya Saa 00:50.

Nirisarike Salomon azagera mu Rwanda tariki 27 Gicurasi ku isaha ya saa 5:30 Am, Mutsinzi Ange ukina muri Portugal biteganyijwe ko azagera mu Rwanda tariki 25 Gicurasi ku isaha ya saa 5:30 Am naho Kagere Meddie ukina muri Tanzania akazagera mu Rwanda tariki 29 Gicurasi ku isaha ya saa 19:00 PM.

Kimenyi Yves yagarutse mu Amavubi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND