Umuhanzi wahindutse umunyapolitiki wo muri Uganda, Bobi Wine yasubizanyije uburakari Lt Gen Muhoozi amubwira ko atarwanira gusimbura Perezida Museveni.
Saa yine za mugitondo
zo ku wa 17 Gicurasi 2022, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Lt Gen
Muhoozi yashyize ‘Cartoon’ kuri konti ye ya Twitter ayiherekeresha amagambo
avuga ko agaragaza we na ‘Murumuna we’ Bobi Wine yise ‘Kabobi’ bajya impaka ku
muntu wabasha gusimbura Museveni.
Iyi ‘Cartoon’ yakozwe n’umunyabugeni
Kintu. Uyu Jenerali w’inyenyeri eshatu, yanditse agira ati “Njyewe na Murumuna
wanjye turi kujya impaka kuwabasha guhagaragara neza mu nkweto za Papa wanjye
[Perezida Yoweri Museveni umaze imyaka irenga 30 ku butegetsi].”
Saa yine za mugitondo
zo kuri uyu wa 18 Gicurasi 2022, Depite Bobi Wine yanditse kuri Twitter asubiza
Lt Gen Muhoozi. Yamubwiye ko atari umuvandimwe we nk’uko abivuga, kandi ko
atarwanira gusimbura Se Perezida Museveni.
Ati “Ntabwo ndi
umuvandimwe wawe. Kandi ntabwo ndwanira gusimbura So [Guhagaragara mu nkweto za
Se].”
Robert Kyagulanyi [Bobi
Wine] yakomeje abwira Muhoozi ko ari we ukwiriye gusigarana buri kimwe cya Se.
Ati “Ukwiriye wowe gusigarana inkweto za So, ingofero n’inka ze.”
Uyu munyapolitiki
utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yabwiye Muhoozi ko ikosa rimwe akora ari uko
atekereza ko Uganda ari umutungo wa Se.
Yavuze ati “Ikosa rimwe
ujya ukora ni uko utekereza ko Uganda ari umutungo wa So azakuraga.”
Mu 2021, Bobi Wine
yahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda aratsindwa. Perezida
Museveni ni we watsinze n’amajwi 5.851.037, ni ukuvuga 58.64% y’abatoye bose.
Ni mu gihe Bobi Wine winjiye
muri politiki mu 2017, yagize amajwi 3.475.398 ni ukuvuga 34.83% y’abatoye.
Bobi Wine uzwi mu
mudiho wa Afrobeat, yafunzwe mu bihe bitandukanye muri Uganda. Ni umudepite mu
nteko ya Uganda, aho ahagarariye akarere ka Kyadondo kari rwagati muri Uganda.
Uyu mugabo w’imyaka 39
y’amavuko, afatwa nka 'perezida wo muri ghetto'. Kandi avuga ko urubyiruko
rumushyigikiye cyane.
Bobi Wine yabwiye Lt
Gen Muhoozi ko adahanganiye gusimbura Perezida Museveni
Mu 2021, Bobi Wine
yatsinzwe amatora-Atanga ikirego avuga ko atemera intsinzi ya Museveni
TANGA IGITECYEREZO