RFL
Kigali

U Rwanda rwakiriye inkura z’umweru 30 zavuye muri Africa y’Epfo

Yanditswe na: Yvonne Mukundwa
Taliki:30/11/2021 14:11
0


U Rwanda rwakiriye inkura 30 z’umweru muri Pariki y’Akagera zitezweho kongera amadovize ava mu bikorwa by’ubukerarugendo kuri ubu bumaze gushinga imizi mu Rwanda.




">

Amashusho yerekana izi nkura zaje mu Rwanda  

Izi nyamaswa nini cyane zishobora gupima toni ebyiri, zakoze urugendo rurerure rw'ibirometero 3.400 ziva muri Afrika y’Epfo muri pariki ya Phinda Private Game Reserve muri gahunda yo kuzuza umubare w’ibinyabuzima byangijwe n’ubuhigi kuva mu myaka ya za 70. Abashinzwe ibidukikije bavuga ko iri riri mu mayimura manini akozwe. 

Izi nkura zahawe u Rwanda ku bufatanye bw’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’icyanya gikomye cya Phinda ari na ho zaturutse, Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB), umuryango w’umuherwe w’umunyamerika Howard G. Buffett ndetse na African Parks.

Umuyobozi mukuru w’agateganyo ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Ariella Kageruka, avuga ko kuzana izi nkura bizafasha mu kurushaho guteza imbere ibikorwa by’ubukerarugendo, kubungabunga ibidukikije.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri African Parks mu Karere, ari na bo bacunga Pariki y’Akagera, Jus Gruner, avuga ko inkura ziri mu nyamaswa zirimo kugenda zikendera ku isi kuko zikunze kwibasirwa na ba rushimusi.

Ati “Mbere na mbere twazanye izi nkura mu rwego rwo gusigasira inkura, kuko nta bukerarugendo bw’inkura bwabaho mu gihe nta nkura zihari, rero tugomba gushiraho gahunda yo kubungabunga inkura, arinayo mpamvu twazizanye hano muri pariki ya kagera, izi nkura z’umweru zikunda ubusabane, ahantu hisanzuye, zizajya zigaragara mu bukerarugendo, uko ba mukerarugendo biyongera ni ko amafaranga atangwa mu baturage yiyongera kuko hatangwa 7% by’ayinjiye”.

Biteganyijwe ko nyuma y’imyaka ibiri zimwe muri izi nkura z’umweru zizatangira kubyara. Pariki y'Aakagera ifite ubushobozi bwo kwakira inkura 300. Izi nkura kandi zitezweho kuzakurura ba mukerarugengo benshi kuko ziboneka hacye ku Isi.

 Zimwe mu nkura zajejwe mu Rwanda   

Src: BBC, RDB & Francw24







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND