RFL
Kigali

Akari ku mutima wa Chris Hat wizihiza umwaka umwe amaze mu muziki

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:25/11/2021 11:24
0


Tariki 16 Ugushyingo 2020, ni bwo Muyoboke Alex yamurikiye itangazamakuru n’abanyamuziki umuhanzi Chris Hat bagiranye amasezerano yo kumufasha kumenyakanisha impano ye.



Mu ijoro ryo gutangaza imikoranire bagiranye, Chris Hat yahise asohora amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise ‘Burundu’. Maze, abantu batandukanye batangira kumwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga zirimo na Youtube.

Hashize amezi ane, Chris Hat yahise asohora indirimbo yise ‘Amahirwe’ abashidikanyaga ku mpano ye, bagaragaza ko nta yandi mahitamo bafite uretse kumushyigikira.

Mu gihe cy’umwaka umwe, uyu muhanzi amaze gushyira hanze indirimbo enye. Ndetse yaririmbye muri kimwe mu bitaramo bikomeye mu Rwanda, iserukiramuco rya Iwacu Muzika, Ubu, umwaka urenzeho iminsi 10 yinjiye mu muziki.

Mu kiganiro na INYARWANDA, Chris yavuze ko umwaka ushize ari mu muziki ari uw’umugisha kuri we, kuko awufiteho amashimwe akomeye bitewe n’uko “wangize icyo nifuzaga kuba cyo kuva cyera.”

Akavuga ko uyu mwaka w’umuziki utamworoheye kuko yinjiye mu kibuga atari amenyereye. Ariko yagize amahirwe yo gutangira umuziki, ahereye mu maboko ya Muyoboke, wabaye umujyanama w’abahanzi b’amazina akomeye.

Yavuze ko anishimira kuba amaze umwaka mu muziki aririmbye mu iserukiramuco rya Iwacu Muzika Festival, kandi akaba afite indirimbo z'amashusho gusa.

Ati “Umwaka urashize ndi mu muziki. Ni umugisha kuri njye kuba narabashije guhabwa kuririmba mu gitaramo nkakiriya. Ikindi cya kabiri nkaba mfite indirimbo zose zifite amashusho. Kandi zifite urwego ziriho mu mitima y'Abanyarwanda.”

“No kuba hari ishusho abanyarwanda bambonamo nka Chris Hat… Ni ibintu bitoroshye. Nshima Imana nkashima na 'Management' yanjye ya Decent Entertainment. Ni umugisha kandi nziko ibigiye gukurikiraho biruta ibi."

Avuga ko Iwacu Muzika ari kimwe mu bitaramo yakuze ashaka kuririmbamo. Kandi ko nawe ari mu bagiye bakurikirana abahanzi baririmbyemo mu bihe bitandukanye.

Yakomeje avuga ko bitewe n'uko ari gitaramo, yabanje kugira ubwoba yibaza uko abantu baza kubifata n'uko baza kumureba. Ariko ko byamuhaye gukoresha imbaraga nyinshi atekereza ku bantu bazareba iki gitaramo.

Ati "Nagiye kuri 'stage' ikomeye nk'iriya mu gihugu nkakorana n'abandi bahanzi bakomeye mu gihugu byampaye kumva ko nanjye hari byinshi nakora, kandi byiza."

Chris avuga ko iki gitaramo cyamusigiye kumenyera urubyiniro no gukorana n'abacuranzi n'abandi mu rwego rwo gutanga umuziki muzima.

Akomeza avuga ko nubwo bitaragera aho yifuza, ariko ari intangiriro nziza kuri we. Akavuga ko uyu mwaka wamufunguriye amarembo, yiteze ko n’indi myaka iri imbere Imana izamucira inzira.

Uyu muhanzi aherutse gusohora amashusho y’indirimbo yise ‘Diva’ aho avuga ko ari gukora kuri Ep ye na Album ye nshya.


Chris Hat avuga ko umwaka umwe ushize ari mu muziki wamufunguriye amarembo mu buryo atari yarigeze atekereza

Chris avuga ko kuririmba muri Iwacu Muzika Festival ari kimwe mu byo yifuzaga kuva cyera


Chris yavuze ko afite icyizere cy’uko indi myaka iri imbere mu muziki Imana izamucira inzira
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ‘DIVA’ YA CHRIS HAT

">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND