RFL
Kigali

Bye bye Mashami! Kera kabaye umwanzuro ntakuka wafashwe

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:22/11/2021 9:05
5


Nyuma y’umwiherero w’iminsi itatu wahuje Minisiteri ya Siporo ‘MINISPORTS’, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ n’abafite aho bahuriye n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, warangiye hafashwe umwanzuro wo kwirukana umutoza Mashami Vincent waranzwe n’umusaruro mubi mu myaka itatu yatoje Amavubi.



Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier Mugabo na Mashami Vincent bari mu bitabiriye umwiherero w’iminsi itatu mu karere ka Rubavu wigiwemo byinshi birimo n’ahazaza h’ikipe y’igihugu Amavubi n’umutoza wayo Mashami.

Imwe mu myanzuro InyaRwanda.com yamenye yafatiwe muri uyu mwiherero, irimo iyo benshi bari bategereje ndetse yanagaragariraga buri wese nyuma y'uko Amavubi yitwaye nabi cyane mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022.

Mu myanzuro yafashwe harimo ko umutoza mukuru w’Amavubi, Mashami Vincent yirukanwa kuri izi nshingano yari amazeho imyaka itatu, ibi bikaba bigomba gukorwa mu minsi itarenze 15, ndetse agahabwa imperekeza y’ukwezi kumwe, bivuze ko azahabwa miliyoni eshanu z’amanyarwanda.

Amasezerano Mashami Vincent yari afite mu Amavubi, yari kuzarangira muri Gashyantare 2022, gusa bitewe n’umusaruro mubi akomeje kugaragaza mu ikipe y’igihugu watumye benshi bitotomba cyane ndetse banavuga ko nta hazaza h’iyi kipe mu gihe cyose izaba igitozwa na Mashami, byarangiye hafashwe umwanzuro wo kumwereka umuryango.

Ntabwo Mashami azagenda wenyine kuko azajyana n’itsinda ry’abatoza bakoranaga, hagashakwa umutoza ushoboye kandi ufite ubushobozi bwo gutanga umusaruro abanyarwanda bakeneye mu ikipe y’igihugu bahuriyeho bose.

Amakuru avuga ko FERWAFA yatangiye gushaka umutoza washobora kwikorera ibyifuzo by’Abanyarwanda bamaze igihe kirekire banyotewe intsinzi.

Mashami Vincent yahawe inshingano zo gutoza ikipe y’igihugu Amavubi nk’umutoza mukuru tariki ya 18 Kanama 2018, aho yagiye ahabwa amasezerano y’igihe kitari kirekire ariko yagiye yongerwa kugeza ubu ayimazemo imyaka itatu.

Mu myaka itatu Mashami amaze atoza Amavubi, yatoje imikino 33 (y’amarushanwa ndetse n’iya gicuti) akaba yaratsinzemo imikino 7, ananganya 13 ndetse atsindwa imikino 13.

Uretse CHAN, nta rushanwa na rimwe Mashami yigeze yitabira ashaka itike ngo arenge umutaru, dore ko mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, aho u Rwanda rwasoje ari urwa nyuma mu itsinda ryarimo Cameroun, Cape Vert na Mozambique.

Mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, byo byabaye agahomamunwa aho u Rwanda rwasoje mu itsinda ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe mu itsinda ryarimo Mali, Uganda na Kenya nta mukino n’umwe rutsinze.

Hafashwe umwanzuro wo kwirukana umutoza Mashami Vincent mu Amavubi kubera umusaruro mubi


Mashami Vincent yafatiwe umwanzuro wo kwirukanwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Blaise Kayitare2 years ago
    Ikibazo si Mashami ahubwo Mashami ni ikimenyetso cy'ikibazo cy'ikibazo ariko niyo bazana umutoza wa mbere Ku isi ariko akavuyo, kudahuza, guhuzagurika, ikimenyane, amatiku byaranze umuryango wa siporo urangajwe imbere na Minisiteri ya Siporo bidahindutse ikibazo tuzakomeza kurwana nacho.
  • Mukiza 2 years ago
    Turabyishimiye kugendakwe arako ikibazo sumutoza gusa barebe nibindi bibazo byinshi bimwikipe yigihu iratubabaza murakoze
  • Kocha2 years ago
    Twaretae ibya ruhago ko tidashiboye. Nundi uzaza ntacyo azatanga Mashami ararengana. Mone se niwe ukuna?
  • Dismas 2 years ago
    Ikipeyurwanda habamo ikimenyane kinchi nokudahitamo abakinnyi narebye mumakipe yose ikindi imipira Wu Rwanda habamo kubogamacyane bityo amakipe yagatsmbutse ntabashe gukomeza bigatuma impano nyampano zitagaragara
  • Mugisha Patrick2 years ago
    Byibuze naka karamaze!! Byumwihariko ministry of sports ikomeze iturebere nibindi kbs tunyotewe ninsinzi





Inyarwanda BACKGROUND