RFL
Kigali

Gusuzugura Perezida wa FERWAFA no gushaka gukubita umutoza mu byatumye Seif ahagarikwa mu Amavubi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:16/11/2021 12:44
0


Nyuma yuko FERWAFA itangaje ko yahagaritse Niyonzima Olivier Seif watsinze igitego rukumbi u Rwanda rwatsindiye muri Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, byamenyekanye ko uyu mukinnyi yazize gusuzugura umuyobozi wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier, washatse kumukura mu kabari akabyanga ndetse ngo no gushaka gukubita umutoza.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ’FERWAFA’ ryasohoye itangazo rihagarika Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire idahwitse.

Binyuze ku rukuta rwa Twitter, yagize iti” FERWAFA iramenyesha abanyarwanda bose ko Niyonzima Olivier ahagaritswe igihe kitazwi "undetermined" mu Ikipe y’Igihugu kubera imyitwarire idahwitse. Tuboneyeho kumenyesha abo bireba bose ko FERWAFA itazihanganira uwo ari we wese uzagaragaza imyitwarire mibi mu Mavubi".

Nyuma y’ubu butumwa, Inyarwanda.com yagerageje gushaka impamvu yatumye uyu mukinnyi watsindiye igitego ikipe y’igihugu mu mukino yatsinzwemo na Kenya ibitego 2-1 kuri uyu wa mbere ahagarikwa bitunguranye, maze ubuyobozi bwa FERWAFA bugira icyo bubivugaho.

Umunyamabanga w’Umusigire wa FERWAFA, Iraguha David yavuze ko abakinnyi bari bihanangirijwe kutava muri Hoteli bari bacumbitsemo nyuma y’umukino, ariko Seif abirengaho ajya mu kabari, ndetse umuyobozi wa FERWAFA agerageje kujya kuhamukura, undi aramusuzugura.

Yagize ati” Icyatumye ahagarikwa, barangije gukina we ajya mu kabari, agiye mu kabari ubwo ni muri Kenya, bamwegereye cyane cyane perezida wa FERWAFA agaragaza agasuzuguro aho kugira ngo yumve icyo bamubwiye, birangira bamwihoreye basubirayo”.

Kuva ubwo ntabwo Seif yongeye kugaruka muri Hoteli yari icumbikiye ikipe y’igihugu ndetse kugeza mu gitondo ubwo berekezaga ku kibuga cy’indege ntabwo uyu mukinnyi yari bwigaragaze kuko bari bamubuze.

Agaruka kubyatangajwe ko ihagarikwa ry’uyu mukinnyi rifitanye isano n’ibyatangajwe ko yashyamiranye n’umutoza we hafi yo gufatana mu mashati, uyu muyobozi yavuze ko ibyo atabizi ndetse ntaho bihuriye n’ukuri, kuko ibyo FERWAFA izi ndetse yatangaje ari uko uyu mukinnyi yazize agasuzuguro yeretse Perezida wa FERWAFA, Olivier Nizeyimana.

U Rwanda rwasoje ku mwanya wa nyuma mu itsinda E n’inota rimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, mu gihe Mali yasoje ari iya mbere n’amanota 16, Uganda isoza ari iya kabiri n’amanota 9, mu gihe Kenya yasoje ku mwanya wa gatatu n’amanota atandatu.

Niyonzima Olivier Seif yahagaritswe mu Amavubi nyuma y'umukino wa Kenya

Seif yahagaritswe nyuma yo gutsindira igitego Amavubi ku mukino wa Kenya


Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND