RFL
Kigali

Twiteguye gukina n'ikipe iyo ariyo yose muri Afurika, Berkane nta bwoba iduteye - Adil Mohammed wa APR FC

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:1/11/2021 19:27
0


Umunya-Maroc utoza ikipe ya APR FC, Adil Mohammed Erradi yavuze ko n’ubwo Renaissance Sportive de Berkane (RS Berkane) bitegura muri Confederation Cup iri mu makipe akomeye muri Afurika, nta bwoba na bucye ibateye kandi bazakina bashaka kuyisezerera n’ubwo uyu mukino ikipe imwe igomba gusezerera indi.



Aya magambo akomeye Adil yayatangaje nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda 2021-22, ashimangira ko ikipe ikomeje kwitegura neza umukino wa Berkane.

Tariki ya 28 Ugushyingo 2021, APR FC izakira RS Berkane mu ijonjora ribanziriza amatsinda ya CAF Confederation Cup, umukino ubanza uzabera i Kigali, mu gihe umukino wo kwishyura uzabera muri Maroc tariki ya 5 Ukuboza 2021.

Agaruka ku myitego y’uyu mukino, n’ikipe y’ikigugu bazahura imwe ishaka gusezerera indi, umutoza Adil yavuze ko bazakina n’iyi kipe bagamije kuyisezerera.

Yagize ati: “Imana ishimwe ko APR yageze mu ijonjora rya gatatu ry’irushanwa Nyafurika, ku bwanjye ni ibyo kwishimira. Tuzakina na Berkane iri mu makipe akomeye muri Afurika, cyane muri Champions League. Imana ishimwe ko APR FC iri kumwe n’ayo makipe akomeye muri Afurika”.

“APR yerekanye ko ikomeye, kandi ikina nta bwoba. Ndababwiza ukuri ko nta bwoba dufite, Berkane, Al Ahly, Zamalek, Sfaxien, turazimenyereye. Tuzakina tugamije kuyisezerera. Hari ibintu bibiri; gukomeza cyangwa gusezererwa, ni ko bimeze. Berkane, Al Ahly, Zamalek, Espérance de Tunis, iyo ari yo yose, izaze mu kibuga dukine, nta kibazo. Uratsinda cyangwa ugatsindwa”.

“Mfite abakinnyi bato ariko bakinnye amarushanwa akomeye, hari ibyo bamaze kunguka. Niba ushaka kugera kure muri aya marushanwa, ugomba gusezerera amakipe akomeye”.

Adil yavuze ko nta gitutu azashyira ku bakinnyi be, ahubwo bagomba kwitabwaho uko bikwiye kugira ngo bazagaruke mu kibuga bameze neza.

Ku munsi wa kabiri wa Shampiyona, APR FC izakira Musanze FC ku wa Gatatu, tariki ya 3 Ugushyingo 2021, kuri Stade ya Kigali.

Adil avuga ko biteguye gusezerera Berkane cyangwa ikabasezerera

APR FC iritegura umukino ukomeye na RS Berkane muri Confederation Cup





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND