RFL
Kigali

Mu birori byagaragayemo imyambarire idasanzwe y’ibyamamare bitandukanye Alliah Cool yamuritse firime ye yambere-AMAFOTO

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:13/09/2021 4:59
0


Isimbi Allliance wamenyekanye muri Cinema nka “Alliah Cooll”, yamuritse firime ye ya mbere mu birori byagaragayemo imyambarire idasanzwe y’abari batumiwe n’uyu mukinnyi, kugira ngo abasogongeze kuri “Alliah The Movie”, firime ye ya mbere.



Ni ibirori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye byo mu myidagaduro yo mu Rwanda, yaba muri Cinema no mu muziki, ndetse n’ibindi bisata bitandukanye aho bari babukereye baje kwihera ijisho, firime ya mbere ya Alliah Cool akoze ku giti cye.

Ni umuhango watangiye utinze ugendeye ku isaha yari yatanzwe ya saa munani n’igice, ariko utangiye byari ibirori bidasanzwe ubwo abantu bose bagendaga banyura ku itapi itukura, ndetse bakajya aho bari bateganyirijwe bari bufatire amafoto, yarangira bakinjira muri sale igezweho ya ‘Canal Olympia’ bakihera ijisho firime ya “Alliah The Movie”.

Nyuma yo kureba firime, Alliah yageneye ikiganiro abari aho ababwira ko yishimye bitewe n’uko baje kumushyigikira ari benshi. Nyuma, habayeho ikiganiro n’abanyamakuru cyahuje n’abajyanama be, bavuze ko bakunda Alliah ndetse na Platini kandi ko bishimiye kuza mu Rwanda, baboneraho no kubwira abari aho ko biteguye gushyigikira impano zose aho ziri ku isi yose.

Mu kiganiri cyihariye Alliah yagiranye na InyaRwanda, yashimiye nanone abitabiriye ubutumire bwe ndetse anasobanura ubutumwa buri muri firime ye, anahishura ko iyi firime ariyo yatumye abajyanama be ba ‘One Percent Management’ bamuhitamo.

Yagize ati: “Nashimye Imana mbere ya byose, kandi mbona ko ari ikintu cyiza ko ndamutse nkoze n’ibindi nazajya mbona ubufasha bw’abantu nkamwe. Niteze kugera kure rwose, inzozi zanjye ziri kure cyane kandi ndabibona ko bishoboka”.

InyaRwanda: Ni ubuhe butumwa buri muri iyi firime yawe ushobora gusobanurira n’utarayireba ?

Alliah: ni umu mama washatse abihatiriza kandi wahuye n’ibibazo mu rugo, wabyaye kandi abyara atabiteganyije, abaho mu buzima bugoye.’’

InyaRwanda: One Percent Management bari mu Rwanda ni ubwa kangahe baje mu Rwanda, bakiriye gute iyi firime?

Alliah: nibwo bwa mbere bageze mu Rwanda, bansinyishije ari uko babonye iyi firime kuko iyi firime umuntu ashobora kuyireba  n’ubwo yaba atayumva ariko agasobanukirwa. Rero nizeye ko abantu bazayikunda kandi bazanyurwa nayo.’’

Ikanzu Alliah Cool yari yambaye yarangaje abantu mu imurika rya firime ye

Alliah n'umunyamakurukazi Bianca Baby ukorera Isibo Tv

Alliah na Dj Diallo

Umunyamideli Christella ni umwe mu barebye firime “Alliah The Movie”

Intore Massamba nawe ni umwe mu bitabiriye

Dj Pius umuyobozi wa 1K Entertainment yari yaje kwihera ijisho firime ya Alliah

Bruce Melodie na Alliah bari kwihera ijisho iyi firime

Umuyobozi mukuru wa One Percent ni umwe mu bitabiriye uwo muhango

Murumuna wa Davis D w'umunyamideli nawe ntiyahatanzwe

Christella kandi aherutse kugaragara mu mashusho y'indirimbo Katapilla ya Bruce Melodie

Platini P ari kumwe n'abajyanama be

Rocky Kirabiranya na Ben Adolph bari bahabaye

Umunyamideli JoxyParker

Rosine Bazongere n'umunyamakuru Mustapha

Supermanager na Masamba bafata agafoto k'urwibutso

KANDA HANO UREBE IBIRORI BYOSE UKO BYAGENZE N'IMYAMBARIRE YABO









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND