Abahanga mu buvuzi bavuze ko hari uburyo bwinshi cyane ikiremwa muntu gishobora kwikururira indwara, zitavuye mu byo cyariye cyangwa mu muhuro hagati kigira. Hari indwara ziterwa no kutita kuri bimwe na bimwe, bikaba byanatuma uhasiga ubuzima.
Muri iyi nkuru turarebera hamwe icyo umuntu yakora
agaca ukubiri n’izo ndwara.
1.Ntukwiriye
kuva mu buriri imburagihe
Akenshi, abantu bakunda kuva mu buriri bihuta, ndetse
bakaba banabyuka mbere y’igihe kubera gukererwa akazi, amasengesho n’ibindi, bakunze guhura n’uburwayi butandukanye. Abahanga mu buvuzi bo bemeje ko byibura
umuntu akwiriye kuguma mu buriri iminota itatu mbere y’uko abyuka, kugira ngo
amaraso atembere neza mu mubiri, hanyuma abone kubyuka.
Amaraso aba aturije ahantu mu mubiri iyo uryamye, rero
biba ingenzi iyo uyahaye akanya agatembera mbere yo kugira aho ujya uvuye mu
buriri. Iyo ubyutse vuba vuba, utuma imiyoboro y’amaraso icika intege kandi ari
nta n’amaraso arimo, ibi bikaba byanatera umuvuduko w’amaraso.
2.Mu gihe uri
mu bwogero hera ku maguru
Ukwiriye guhera ku maguru mu gitondo mu gihe uri mu
bwogero. Amaraso atembera ahereye mu maguru ajya mu mutwe, rero ntago ari
igitekerezo cyiza guhera mu mutwe mu gihe ubyutse.
3.Fata iminota
itatu (3) y’imyitozo ngorora mubiri
Ibi bireba cyane abantu baba bafite uturemangingo tudafite imbaraga zihagije
muribo. Gerageza uko ushoboye buri mu gitondo, umubiri wawe wakire
ubushyuhe. Ukeneye no gufata umwanya w’imyitozo isanzwe, ya buri mu gitondo.
Inkomoko: Opera News
TANGA IGITECYEREZO