Cia umwe mu bakobwa bazi imvune iba mu rukundo, yatanze inama ku bantu baba mu rukundo rukora igice kimwe, urukundo rwahengetse umunzani, ukaryamira uruhande rumwe kugeza rubabajwe cyane.Ahari ni wowe ukora byose mu rukundo rwanyu, ukora buri kimwe ariko umeze nk’umuntu uri mu ishyamba wenyine udafite umufata amaguru ngo yurire igiti.
Cia yatangiye agira ati” Ndakeka ko impamvu nyamukuru
ituma abantu benshi batava mu ngoyi y’urukundo rw’igice kimwe ngo basige abo
bita abakunzi nyamara bameze nk’uburozi bwica, ari uko baba bafite icyizere ko
ejo bizakunda nabo bagakundwa bakitabwaho, nyamara byahe byokajya. Aba bantu baricara
bakiha icyizere cyinshi bagatekereza ko inkuru zabo z’urukundo rwamaze guhuma
zizahinduka bakicara mu mucyo uba ugaragara nk’inzozi zizava kure.
Nibyo , twese turabizi neza ko kuvuga ngo ‘Mbabarira’ bidahindura ukuri, cyangwa
ngo bihindure igikomere cyashyizwe mu mutima w’inzirakarengane y’urukundo rwinshi. Muri
uko gusabwa imbabazi, abenshi bisanga bongeye gutanga amahirwe adafite aho
ashingiye, kwa kwizera ikinyoma kugahera mu kirere cy’utegereje.
Ese ubundi amagambo abiri ‘KWIZERA
n’ ICYIZERE’ ni amwe ? Ese ubundi kuki bamwe batayaha agaciro kandi ariyo yubaka urukundo?
Ese iyo ufite icyizere ko uwo ugukunda urw’igice azahinduka
, biba bisobanuye ko umwizeye? Biragoye cyane kureka ikintu kikagenda mu gihe
igice kimwe cyawe cyifitemo ‘icyizere cy’uko
umunsi umwe kizahinduka kikaba cyiza kuri wowe, nyamara ikindi gice cyawe
mutemeranya. Aha uhitamo kumvira igice
cya mbere.
Iyo byaje gutyo ugasanga ukunda umuntu cyane, n’ubwo
we yahagarika kugukunda iteka wisanga umubwira ngo ‘Ndagukunda’ nyamara ubwira
umuyaga wishushanyijemo umuntu. Iteka wisanga umara amafaranga yawe uhamagara,
umwanya wawe ukawumara wandika nyamara ukaza kumara ijoro utegereje ko
agusubiza cyangwa ngo nawe amara igihe
nk’icyawe ariko ugaheba. Iyo byanze rero urategereza, wabura umuntu , ukiremamo
umutima uvuga ngo’ Ntacyo wenda ejo
azamvugisha’. Aha niba uhageze umenye ko nawe uri mu rukundo rw’igice.
Rimwe nigeze ngera muri iki kintu , umuntu ambeshya urukundo,
arambeshya koko , kuba adahari no kuba ahari byose bikaba ari kimwe. Amagambo
ngo ‘Honey’ , ‘Chr’ n’ayandi ntabwo ariyo asobanura urukundo rwuzuye. Iteka niyo
nabaga ndi kubabara na muhitagamo kuko nabaga nziko ejo bizakunda. Iyo ukunda
umuntu ntago uba ushaka kumva ko yakosa, ntago wumva ibibi kuri we, ukunda
gukoresha ryajambo twavuze haraguru rigira riti ‘Mbabarira’ ariko nyuma y’iyi
nkuru uramenya ikintu ukwiriye gushyira imbere.
Umusore twakundanye akambeshya urukundo, yansabye
kumukunda nyuma y’icyumweru duhuye, yakoze iyo bwabaga , arankunda, twaba turi
kumwe akagura buri kimwe, ariko nyuma naje kwisanga ari njye uri kujya muhamagara,
mwandikira ndetse nkarara amajoro menshi nkanuye ntegereje ubutumwa bwe ariko
nkabubura. Imbuga nkoranyambaga yarazikoreshaga ariko ntago yigeraga
anyandikira, uretse njye wakoraga iyo bwabaga, kugeza ubwo mfashe umwanzuro wo
kumuvaho nkamureka akagenda, nanjye nkasigara ndi njye ubwanjye, kugeza ubwo naje
guhura n’undi muntu wankunze, umutima wanjye ugatuza nkaturiza muwe, akaba
amahitamo yanjye yanyuma, nkongera kwiyumva nka Cia wa kera, wavutse akundwa n’ababyeyi.
Nuhura
nawe uzamumenya.
Kwihitamo wowe ubwawe, ni ingenzi cyane, ihitemo ubundi
ujye kure y’uwo ugufata nk’amahitamo ye ya kabiri. Mwereke ko nta mwanya akwiriye
muri wowe. Niba uwo mubano ubona ukwangiriza ubuzima, inama nyamukuru mureke
agende.
Ntabwo akwanga ni uko abona adakwiriye ubugwaneza bwawe
·
Ca ukubiri n’imbuga nkoranyambaga ze
·
Siba numero ze umwirengagize uzadushimira
nyuma
·
Gendera kure inshuti ze
·
Va kumbuga nkoranyambaga
·
Huga ( Kora akazi kawe, sura inshuti ,…)
·
Iga kubaho uri wowe
·
Ha umwanya ugukunda cyane
TANGA IGITECYEREZO