RFL
Kigali

Rafael York na Yannick Mukunzi bageze mu mwiherero w’Amavubi yitegura Mali – AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:30/08/2021 21:06
0


Abanyarwanda babiri bakina mu gihugu cya Swede (Mukunzi Yannick na York Rafael) bamaze kugera muri Maroc mu mwiherero w’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura umukino na Mali mu ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022.



Kuri iki Cyumweru tariki ya 29 Kanama 2021, nibwo itsinda ry’abakinnyi b’Amavubi na delegasiyo bavanye i Kigali, basesekaye Agadir muri Maroc ahazabera umukino bazahuramo na Mali ku wa Gatatu tariki ya 01 Nzeri 2021, abanda bakinnyi bakina hanze nabo bakomeje kugenda bagera mu mwiherero w’iyi kipe.

Kuri uyu wa Mbere abakinnyi bashya bageze mu mwiherero ni Mukuzni Yannick ukinira Sandvikens IF yo muri Sweden, ndetse na Rafael York ukinira AFC Eskilstuna yo mu cyiciro cya kabiri muri Sweden, kugeza ubu we ariko akaba atazakina umukino wa Mali kuko atarabona ibyangombwa.

Abandi bakinnyi bakina hanze baraye bahageze barimo Ngwabije Bryan Clovis, Rwatubyaye Abdul, Emmanuel Imanishimwe na Manzi Thierry, ubu utegerejwe ni Bizimana Djihad uza kuhagera Saa moya z’umugoroba.

Amavubi Stars azakina na Mali ku wa gatatu tariki ya 1 Nzeri 2021 I saa mbiri za Kigali. FERWAFA izabamenyesha niba uyu mukino uzaca kuri televiziyo mu gihe kidatinze.

Nyuma y’uwo mukino Ikipe y’Igihugu izakira Kenya mu mukino w’umunsi wa kabiri mu itsinda E uzabera kuri Stade ya Kigali.

York Rafael na Mukunzi Yannick basesekaye mu mwiherero w'Amavubi 

Aba bakinnyi bombi bakina muri Swede

Rafael na Yannick bari kumwe n'umuyobozi wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier

Rafael na Yannick bari gusangira ibyo kurya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND