RFL
Kigali

Zari ubyaye 5 yishongoye agereranya uburanga bwe n’ifunguro riteguye avuga ko ubwiza bwe bumuteye ubwoba-AMAFOTO

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:31/07/2021 11:58
1


Zari w’abana batanu barimo babiri yabyaranye na Diamond yishongoye avuga ko uburanga bwe muri iyi minsi bumuteye ubwoba, ku buryo yumva yakwinyunguta.




Mu buryo bw’amashusho yifashishije Snapchat, uyu mugore usanzwe ufite uburanga n’imiterere idasanzwe ituma utamenya ko abyaye gatanu, yishongoye ati ”Nk’umuntu, wari wigera ushakisha umwiza cyane kuruta ifunguro riteguye? Nyuzwe n’ubwiza bwanjye, Wallah nteye ubwoba”.

Yifashishije Snapchat avuga ko ubwiza afite muri iyi minsi bumuteye ubwoba

Yakomeje avuga ko muri iyi minsi yibonaho uburanga buhebuje kuruta ibindi bihe ku buryo yumva yakwinyunguta. Ubwiza bwe butuma yikururira imitima y’abantu batari bake. Kuri instagaram akurirwa n’abarenga miliyoni 9. Yararuye abagabo batari bake ku buryo ahora mu nkundo za hato na hato. Yabyaranye abana batatu na Ivan Semwanga, nyuma y'uko yitabye Imana abyarana na Diamond abana babiri, baza gutanduka aho uyu mugore yamushinjaga ku muca inyuma. 


Nyuma yo gutandukana nawe yahise abona undi mukunzi mushya Dark stallion ariko nawe baza gutandukana gusa ubu umubano we na Diamond usa n'aho uhagaze neza.










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dudug2 years ago
    Ntabeshya ni mwiza rwose





Inyarwanda BACKGROUND