RFL
Kigali

Umukunzi wawe ari gukoresha Facebook aguca inyuma ! Nudacungira hafi uramuhombye

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:30/07/2021 7:53
0


Gutereta n’imibanire by’iyi minsi bitandukanye n’uko mbere byahoze. Ubu turi mu myaka y’iterambere aho imbuga nkoranyambaga zikataje. Ikibazo ntikikiri itumanaho kandi nk’uko mubizi itumanaho ni ingenzi cyane. N’ubwo ari uko bimeze rero, cunga neza dore umukunzi wawe ashobora gutwarwa utabizi ugasigara wenyine kubera Facebook, Twitter n



Itumanaho ryazanye ibyiza byinshi muri iyi myaka, gusa ryazanye n’ibigeragezo bikomeje kuzitsa benshi cyane hanze aha. Muri ibi bigeragezo harimo n’uko rishobora gutera bamwe kuba abahemu mu rukundo rwabo bikaba byatuma baca inyuma abo bakunda. Ubushakashatsi bwagaragaje ko abakundana benshi magingo aya baguwe neza n’itumanaho ndetse benshi riri kubagwa neza cyane mu gihe bashaka kuganira, gusa imbuga nka Facebook , Twitter zishyirwa mu majwi nk’imbuga ziteza amakimbirane mu nkundo za benshi, kuko bidafata igihe kirekire kugira ngo umuntu abe yamaze guca inyuma uwo bari inshuti cyangwa babanaga, binyuze kuri zo.

Mu mibanire yo kuri izi mbuga, ushobora kwisanga wahuye n’umuntu utazi mukaganira bikaba byanarangira bigenze ukundi, ukaba uhemukiye uwawe, bitewe n’umuntu utari uzi. Muraganira, mugahurira mukabare cyangwa ahandi hantu hanyu bikarangira gutyo, ntuzongere no kumubona. Biteza ikibazo rero kuko ntiwahisha uwo mubana mu nzu cyangwa uwo mukundana kuko mubonana cyane, nugerageza kumuhisha, ikinyoma cyawe ntikizaramba.

Hari abantu bahisemo kujya bakoresha izo mbuga twavuze haruguru bashaka abantu bakoresha muri ubwo buryo, cunga neza umukunzi wawe ataba ahugiye muri bo nk’uko tugiye kubireba hasi. Ugomba kujya uharanira kumenya neza ko iteka uri kugasongero ka buri kimwe ku mukunzi wawe, ukaba uzi neza ikijya mbere hagati yawe n’uwo mukundana, kugira ngo hagati aho, utazisanga washutswe cyangwa  ukagirwa impumyi ireba umunyamahanga akagutwara umuntu w’ingenzi kuri wowe.

Ushobora kwibwira ngo none se niba ankunda we yaba ajyahe? Abenshi niko mwibaza, ariko wibuke ko inyuma yo kuba ari umukunzi wawe, burya nawe ni umuntu, kandi wibuke ko uwo muntu uri kumureshya, ari kumwereka amafoto y’ibitangaza n’ibindi bintu wowe udafite, ahari ari no kumwereka ay’urukozasoni kandi ni umuntu.

DORE IBIMENYETSO BIZAKWEREKA KO ASHOBORA KUBA YARAHUYE N’UNDI MUKUNZI KURI FACEBOOK, TWITTER ,…

1. Birasa n’aho ari kuganira n’umuntu bahuje urugwiro (Ari kwandikana ibakwe) ariko ntashaka kugusangiza

Uzabibona, ubwo uzajya ubona yafashe inziramugozi ye, yayikomeje cyane, ubone afite ubwira ari kwandikana ibakwe, ariko ubone yabitsinze rwose ku buryo ubona ko nawe ubwawe adashaka kubikwereka.

Mu gihe uzaba wamusohokanye, uzabona ntamwanya aguha, ahubwo ari kuwuha inziramugozi ye nk’aho ariyo basohokanye. Ari kwirebera hasi muri iyo nziramugozi ye kandi rwose urabona ashishikaye cyane. Nugerageza kumubaza ikijya mbere, uzabona bisa n’aho ntacyo ashaka kugusangiza. Mbese afite amabanga menshi cyane.

2. Abona ubutumwa bugufi no mu gihe kidakwiriye

Ese ubwo nk’umuntu ubyuka yandikira umukunzi wawe, mu masaha ya mugitondo kuri facebook cyangwa twitter, akabyuma umuhuza cyangwa ku buryo nawe ubwawe umushaka ukamubura neza neza , ubwo ntaguteye ikibazo? Birumvikana rwose ntabwo ari byiza. Niba ari ibibazo by’umuryango cyangwa ikindi kibazo gitumye ahuga cyane, azakikubwira ariko niba atari kukikubwira menya ko amazi atari yayandi. Nubona akomeje kujya abona ubutumwa bugufi mu masaha adakwiriye uzamenye ko hari ikijya mbere inyuma yawe hari undi muhinzi ukataje. Erega burya nta n’impamvu yagatumye umukunzi wawe yandikirana n’undi muntu usanzwe saa cyenda z’ijoro rwose.

3. Aryama akererewe kuko iteka aba ari ku nziramugozi ye yandikirana

Iyo umwitegereje usanga akenshi afite ibitotsi, erega nta n’ubwo aryama kuko ahora yandikirana mu ijoro wowe uryamye. Arategereza ukabanza ukajya kuryama ubundi akaba abonye umwanya wa facebook,…Ntabwo ashaka ko umenya ibyo aba arimo ni nayo mpamvu akoresha imbuga nkoranyambaga wamaze kuryama.

4. Inziramugozi ye izirikishije umubare w’ibanga uhambaye ! Akunda kuyiguhisha

Azi neza ko uzarakara nubimenya niyo mpamvu azakora uko ashoboye akaguhisha utwo tuntu. Ntabwo ashaka ko umenya ibyo araramo n’ibyo yirirwamo ku mbuga nkoranyambaga. Nubibona uzagire ubwenge.

5. Akurusha uburakari iyo umubajije ku mpamvu y’igihe amara kuri Facebook

Ntabwo aba yumva wamubaza impamvu y’igihe apfusha ubusa. Nugerageza kubimubazaho, icyo gihe uzahita witwa umunyamakosa. Azarakara ubundi usigare wisobanura birangire usabye imbabazi.

ESE WAKORA IKI MU GIHE BYAGENZE GUTYO ?

Iteka buri kimwe kiba gisaba ngo umuntu ashyiremo ubwenge bwinshi cyane. Rero irinde guhubuka cyangwa kubimubariza mu ruhame cyangwa ngo ubimubaze mu gihe ubona ko atameze neza cyangwa ngo ugaragaze uburakari. Ijambo ryiza ni mugenzi w’Imana. Shaka umwanya umusabe gusohokana, umusabe ko mugenda mwiherereye mwenyine, ushake uko ahantu mujya ahaba hasaba gusiga inziramugozi cyangwa winginge umusabe ko mwazisiga. Nimugerayo, uzabe umuntu mukuru ubundi, umusomere igitabo wamwandikiye cyuzuyemo ibyifuzo byawe n’agahinda uterwa no kuba usa n’aho uri wenyine kandi uri kumwe n’umuntu.

Ahari amakosa ni ayawe ntawamenya ariko kugira ngo ubimenye ni uko wowe ubwawe uzemera kurira ugasuka amarira y’agahinda k’ibyo amazemo igihe. Niba mukundana azicara yubahe umuhate washyizemo ubundi akubwize ukuri kose kandi uzatahana igisubizo kizima. Niba ibyo byose byanze, uzegere ababyeyi be, cyangwa inshuti ze zigufashe ariko byose ubikore mu kinyabupfura.

Inkomoko: Relrules








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND