Umukinnyi wo mu kibuga hagati mu ikipe ya Sofapaka yo muri Kenya Amissi Bizimana bakunda kwita Coutinho yahakanye ko hari ibiganiro yaba yaragiranye na Rayon Sports yo mu Rwanda.
Ubwo
yaganiraga n'igitangazamakuru mishe mishe cyo mu Burundi, uyu musore yatangaje
ko nta biganiro yagiranye na Rayon Sports. Yagize ati "Nta biganiro byigeze
bibaho hagati yanjye na Rayon Sports ntabwo twigeze tunavugana cyangwa ngo
twandikirane, nta n'amasezerano y'ubwumvikane yigeze abaho hagati yacu."
Hari
amakuru avuga ko uyu Amissi yaba yaravuganye na Kiyovu Sport Mbere, ahubwo
Rayon Sports ikaba ishaka guca ruhinga nyuma bitewe na Masudi Djuma ikaba
yakegukana uyu mukinnyi. Amissi amaze hafi ibyumweru 2 ari mu Burundi aho
aherutse gukora ubukwe n'umukobwa yari yarihebeye.
Bizimana Amissi avindimwe na Bigirimana Abed ukinira Kiyovu Sports
Tariki
8 Gashyantare ni bwo uyu musore ukinira ikipe y'igihugu y’Abarundi yasinyiye
Sofapaka yo muri Kenya amasezerano y'imyaka 2 avuye mu ikipe ya Rukinzo FC. Shampiyona
ya Kenya uyu musore akinamo irabura iminsi 6 ngo igere ku musozo ariko
biteganyijwe ko ashobora kutazakomezanya n'iyi kipe kubera amikoro.
TANGA IGITECYEREZO