RFL
Kigali

Akari ku mutima wa Big Fizzo wahaye ubutumire Sat-B akabutera utwatsi

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:30/06/2021 16:15
0


Ibihugu bifite umuziki ukiri hasi usanga gufashanya biba ingorabahizi, umuhanzi wese aba ashaka kwamamara wenyine akigarurira imyidagaduro wenyine nk’uko mu Burundi bimeze aho Big Fizzo ajya yitabaza Sar -B mu gitaramo ntaze.



Big Fizzo na Sat-B, umuntu yavuga ko aribo bahanzi bahanganye muri muzika y’i Burundi. Mu minsi ishize nibwo Mugani Desire uzwi nka Big Fizzo yateguye igitaramo cy’abahanzi bo muri Bantu Bwoy (Inzu ye yashinze ifasha abahanzi) maze anitabaza Sat-B muri Empire Avenue ariko ubutumire buteshwa agaciro.


Big Fizzo avuga ko Sat B akunda kwanga ubutumire bwe

Uyu muhanzi Big Fizzo wateguye igitaramo yise ‘Festival de l’independence’ yatangaje ko kizamara iminsi 3 kuva mu ntangiriro za Nyakanga 2021 mu matariki 2-3-4. Abakunzi ba muzika batunguwe no kubura kwa Sat B mu kiganiro n’abanyamakuru  byerekana ko no mu gitaramo atazaboneka.


Umuyobozi mukuru wa Bantu Bwoy, Mugani Desire (Big Fizzo) mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu gihe barimo bitegura neza no kumenyesha abahanzi bazagaragaramo, yavuze ko gutumira Sat B akabura ari ibintu bibaho cyane kuko n'abantu batumiwe mu bukwe abenshi barabyanga.

Yagize ati “Umuntu unamutumira no mu bukwe bw’icyubahiro ntaze ni ukuri kw’Imana, twebwe tujya kumutumira twabitekerejeho dusa nk’ababitinya kubera ko hari igihe twigeze kumutumira naho arabyanga’. 


Sat B akunda kwirengagiza ubutumire bwa Sat B






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND