Umukinyi wa Filime akaba n’icyamamare cyane muri Tanzania, Irene Uwoya wamenyekanye nka Oprah, wahoze ari umugore wa Nyakwigendera Ndikumana Amad Katauti wari umutoza wungirije wa Rayon Sports akaba yaranabaye umukinnyi, myugariro kabuhariwe mu ikipe y’Amavubi, amakuru aravuga ko yaba ari mu rukundo n’umuhanzi Chozen Blood wo muri Uganda.
Irene Uwoya ni umwe
kandi mu byamamarekazi bivugisha imbuga nkoranyambaga nka Instagram aho ari mu
bakurikirwa cyane, amaze kugira abantu basaga Miliyoni 5 bamukurikira ku mbuga
nkoranyambaga.
Amakuru ari kuvugwa
muri Uganda, nk’ayanyuze kuri Nextmediauganda, atangaza ko uyu mugore wahoze
ari uwa Katauti, ari mu rukundo n’umuhanzi Chozen Blood nk’uko nawe
yabihamirije iki gitangazamakuru. Chozen yerekeje muri Tanzania kureba Irene
Uwoya Oprah aho yari afite n’imishinga yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Mario muri Wasafi Records.
Chozen Blood bivugwa ko ari mu rukundo na Irene Uwoya
Uyu muhanzi Chozen, azwi
mu ndirimbo zitandukanye nka 'Waddawa' yakoranye na Sheebah Karungi. Ubwo uyu muhanzi yagiraga isabukuru y’amavuko, Irene Uwoya yerejeke kuri Instagram ye amwifuriza umunsi mwiza aho yagize ati: 'Isabukuru
nziza mukunzi wanjye".
Umukinnyi wa Filime
Irene Uwoya akunda no kugaragaza ko ari umunyamafanga ugura imodoka zihenze nko
mu kwezi gushize yerekanye ko yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover Sports
HSE.
Irene Uwoya yari umugore wa Nyakwigendera Ndikumana Amad Katauti
TANGA IGITECYEREZO