RFL
Kigali

Perediza w’igihugu yamuhamagaye kuri Telefone! Akari ku mutima w’umugabo wa wa mugore wabyaye abana 9

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:6/05/2021 10:16
0


Ni nyuma y’inkuru yakwirakwiriye ku isi ivuga ku mugore w’imyaka 25 wabyaye abana 9 icyarimwe mu gihe we yari yarabwiwe n’inzobere z’abaganga ko azibaruka impanga z’abana barindwi.



Halima Cisse, yakoze amateka yibaruka izi mpanga z’abana 9 bose bavuka buzuye nta kibazo bafite yewe berekana icyizere cyo kubaho, ibintu bibaho gacye cyane mu mateka ya muntu. Halima ukomoka muri Mali wabyaye abana 9 nawe ubwe yaratunguwe kubyara aba bana kuko hiyongereyeho 2 atari yiteze.


Halima yibarutse impanga z'abana 9 umugabo we ahamaganwa na Perezida abashimira

Halima yerekejwe muri Maroc kugira ngo yitabweho n'abaganga b'inzobere aho yaje no kubyarira aba bana b'impaga 9Umugabo we, Kader Arby yakiriye ibitangaza kuri we atungurwa n’abatari bake hirya no hino mu gihugu, aho Telefone ye yahamagawe n’abantu atari gukeka ko bamuhamaga yewe na Perezida wa Mali, Bah N'Daw yamuhamagaye kuri Telefone.


Izi mpanga z'abana 9 zimeze neza

Kader Arby aganira na BBC, yagize ati "Abantu benshi bahise bampamagara, abayobozi bo muri Mali barampamagaye mbese ndabashimira cyane, na Perezida yarampamagaye". Umuryango wa Kader Arby na Halima bahise bagira umuryango w’abana 10 kuko bari basanganwe umwana umwe w’umukobwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND