Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 8 Ukwakira 2020 mu karere ka Gisagara, ni bwo ikipe ya Gisagara Volleyball Club yasuzumishije abakinnyi, abatoza, ndetse n'abandi bakozi bayo icyorezo cya Coronavirus.
Mu
kiganiro InyaRwanda.com yagiranye n'umunyamabanga w'ikipe ya Gisagara
Volleyball Club, Gatera Edmond, yadutangarije ko biteguye gutangira imyitozo
kuko icyo bari basigaje ari ugupimisha abakinnyi ubundi bagategereza uruhushya.
Yagize ati "Yaba abakinnyi 14 ndetse n'abatoza, umuganga, bose bamaze
gupimwa ndetse n'abayobozi b'ikipe muri rusange, nabo bapimwe".
Ati; "Igisigaye ni ugutegereza ibisubizo ubundi
ikipe tukayitwara ahantu igomba kuba kuko naho twarahabonye. Navuga ko igihe
kiri kudusiga kuko twakabaye twaratangiye imyitozo kuri tariki 5 Ukwakira ariko
ntibyakunze gusa, ubu dutegereje uburenganzira tuzahabwa na Minisiteri ndetse
na Federasiyo ubundi tukaba twatangira".
Muvara ari mu bakinnyi bapimwe
Yakomeje ati "Mu
bindi bisabwa nabyo twabitekerejeho nk’ubu buri mukinnyi afite ibikoresho bye,
twamaze kubona umukozi uzajya upima abakinnyi umuriro, ubwogero twamaze
kubutunganya, mbese navuga ko ibintu byose byatunganye dutegereje uruhushya
navugaga".
Gisaga, APR y'abagabo ndetse n'abagore ni zo zimaze gupimisha abakozi bazo mu makipe akina umukino w'intoki wa Volleyball hitegurwa isubukurwa ry’uyu mukino.
Nyuma yo kubona ibisubizo abakinnyi bazacumbikirwa ahantu hamwe
TANGA IGITECYEREZO