Kigali

Kwibuka Abanyapoltiki b’intwari bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside ni igihango kuri buri Munyarwanda – Perezida wa Sena

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:13/04/2025 16:00
0


Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, yavuze ko Kwibuka abazize kurwanya akarengane n’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya wo kumva neza inkomoko y’amateka mabi yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



Ibi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 13 Mata 2025, ubwo yari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero mu Mujyi wa Kigali, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Abanyapolitiki bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside.

Yagize ati “Ariko ni n’umwanya wo kuzirikana intambwe tumaze gutera mu kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bwacu mu gihugu.”

Dr Kalinda yibukije urubyiruko n’Abanyarwanda muri rusange ko kumenya amateka mabi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ari byo byafasha mu kwimakaza politiki nziza na demokarasi isesuye n’indangagaciro z’Abanyarwanda.

Yavuze ko kwibuka Abanyapolitiki barwanyije akarengane na politiki y’urwango baharanira ko u Rwanda rutaguma mu icuraburindi ry’amacakubiri n’ivangura, ari umwanya wo kugaya Abanyepolitiki batakoze nk’ibyabo.

Ati “Turagaya twivuye inyuma abanyapolitiki bagize uruhare mu gutegura, gukangurira, gushyigikira no kuyobora umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni mu gihe cy’iminsi 100 gusa. Kumenya uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi ni ingenzi mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no gukumira ko Jenoside yasubira kubaho mu Rwanda cyangwa n’ahandi ku Isi.”

Dr Kalinda yavuze ko Jenoside yateguwe, iranononsorwa kandi ishyirwa mu bikorwa n’ubutegetsi bubi buyikomora ku Bakoloni n’Ababiligi.

Ati “Amashyaka ya politiki n’Abanyapolitiki bagize uruhare runini mu gusenya Ubunyarwanda babishyigikiwemo mu buryo butaziguye na politiki y’ubukoloni bw’Igihugu cy’u Bubiligi cyari gishingiye ku gushyamiranya Abanyarwanda kugira ngo babayobore mu nyungu zabo.”

Dr Kalinda yavuze ko Ababiligi bafashije gushyiraho amashyaka ya politiki ashingiye ku moko no kubiba amacakubiri n’ubwicanyi bwibasiye Abatutsi.

Ati “Iyo politiki mbi ikaba yarashingiweho n’ubutegetsi bubi bwa Repubulika ya Mbere n’iya Kabiri, ikaza kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, yahaye umukoro Abanyapolitiki, ku kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati:“Kwibuka Abanyepoltiki b’intwari bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ni igihango kuri buri Munyarwanda. Mu gihe tuzirikana ubutwari bw’Abanyepolitiki bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, twebwe Abanyepolitiki ba none turakora iki mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside haba mu gihugu no hanze yaho?"

Abanyapolitiki bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, bibukwa kuri uyu munsi ni 21 barimo abo mu Mujyi wa Kigali no mu ntara zitandukanye bishwe bazizwa kurwanya umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Igikorwa cyo kwibuka aba banyepolitiki barwanyije umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu n’abahagarariye imiryango y’abishwe bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero.

Abandi bitabiriye ni abahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, Abadepite n’Abasenateri n’abahagarariye inzego zitandukanye.


Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, yavuze ko kwibuka Abanyapolitiki bazize kurwanya umugambi mubisha wa Jenoside ari umwanya wo kumva neza inkomoko y’amateka mabi yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi


Yavuze ko kwibuka aba banyapolitiki bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ari igihango kuri buri Munyarwanda

Ni igikorwa cyitabiriwe n'abayobozi mu nzego zinyuranye z'ubuyobozi bukuru bw'Igihugu

Dr Kalinda yavuze ko kwibuka abanyapolitiki bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ari igihango kuri buri Munyarwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND