Kigali

#Kwibuka31: Abiganjemo urubyiruko bitabiriye ‘Walk To Remember’ yaherukaga mu 2019 - AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:7/04/2025 17:40
0


Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali bitabiriye urugendo rwo Kwibuka ruri mu bitangiza ibikorwa byo Kwibuko ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 7 Mata 2025, abitabiriye uru rugendo ruzwi nka ‘Walk To Remember’ barahagurukiye ku biro by’Akarere ka Gasabo berekeza kuri BK Arena aho rusorezwa haba umugoroba w’ikiriyo.

Urugendo rwo Kwibuka rwaherukaga kuba mu 2019, aho mu myaka yakurikiyeho rwagiye rusubikwa kubera impamvu zirimo icyorezo cya Covid-19.

Abitabiriye urugendo rwa ‘Walk To Remember’ biganjemo urubyiruko bashyiriweho uburyo bwo gutanga ubutumwa bwo Kwibuka Abatutsi basaga miliyoni bazize uko bavutse.

Mu butumwa banditse, babwiye inzirakarengane zishwe muri Jenoside ko nubwo batakiriho ariko abo basize bashibutse kandi bazaharanira ko ibyabaye bitazongera kuba ukundi.

Kuva mu 2009 urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’abaharanira amahoro n’urukundo, PLP (Peace and Love Proclaimers) rwatangije iki gikorwa cy’urugendo rwo Kwibuka Abatutsi bazize Jenoside muri Mata 1994.

Uru rugendo ruba rugamije kugaragaza impinduka mu guhindura no kubaka amateka mashya, byumwihariko ruha urubyiruko ishyaka ryo guharanira kwigisha Isi binyuze mu bikorwa byo Kwibuka.

Urugendo rwo Kwibuka ruhuriza hamwe Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye by’umwihariko urubyiruko rwigishwa amateka y’icuraburindi igihugu cyanyuzemo.

Urugendo rwo Kwibuka rwibanda cyane ku rubyiruko nk’umwanya wo kurwibutsa ko muri Jenoside umubare munini w’abayigizemo uruhare bari urubyiruko, kandi ari narwo mbaraga z’igihugu zigomba kucyubaka. 

Minisitiri Bizimana Jean Damascène mu  bitabiriye urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka 'Walk To Remeber'

Minisitiri Nduhungirehe mu bitabiriye Walk To Remember  yaherukaga gukorwa mu 2019

Abayobozi mu nzego zinyuranye bitabiriye Walk To Remember

Minisitiri wa Siporo mu bitabiriye uru rugendo

Urubyiruko rwitabiriye ku bwinshi


Abitabiriye uru rugendo bashyiriweho uburyo bwo gutanga ubutumwa bwo Kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ni urugendo rurasorezwa muri BK Arena ahabera umugoroba w'ikiriyo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND