Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, ntiyihanganiye icyemezo cyafashwe n’umusifuzi mu mukino ikipe ye yanganyijemo na Everton igitego 1-1, aho yavuze ko penaliti yahawe iyi kipe yo mu mujyi wa Liverpool itari ikwiye na gato.
Uyu mukino
wabereye kuri Goodison Park ku wa Gatandatu, warangiye amakipe yombi agabanye
amanota, gusa uko penaliti ya Everton yabonetse ni byo byateje impagarara.
Penaliti
yatsinzwe na Iliman Ndiaye nyuma y’uko Myles Lewis-Skelly wa Arsenal asunitse Jack
Harrison mu rubuga rw’amahina. Umusifuzi Darren England yahise yerekana ku
izamu, naho VAR yemeza ko koko ari penaliti.
Ariko Arteta
ntiyigeze abyemera. Yagize ati "Nayirebye inshuro 15, sinigeze mbona ari
penaliti. Twari dufite umukino neza, dushaka gukomeza kubarusha mu gice cya
kabiri, ariko umusifuzi atanga penaliti itari ngombwa. Ni icyemezo kidakwiriye
rwose."
Arteta yanavuze
ko Arsenal yakoze amakosa menshi atari ngombwa yatumye Everton ibona amahirwe
yo kwishyura.
"Twabahaye
imipira y’imiterekano myinshi (coup-franc), kandi ni cyo bazi gukora neza.
Uretse iyo penaliti, nta kindi bigeze badukoraho."
Ku ruhande rwa Everton, umutoza David Moyes yavuze ko atigeze areba uko byagenze. Yagize ati "Sinayirebye na rimwe, sinavuga niba ari penaliti cyangwa atari yo."
Kunganya uyu
mukino byatumye Arsenal ishyirwa mu mazi abira mu rugamba rwo guhatanira
igikombe cya Premier League, aho Liverpool isabwa amanota 11 gusa mu mikino 8
isigaye kugira ngo yegukane igikombe.
Arsenal yaguye miswi na Everton 1-1 kuri uyu wa Gatandatu
Umutoza wa Arsenal yanenze uburyo penality yabonetsemo
TANGA IGITECYEREZO