Kigali

Akaliza Gaella yahumurije imitima y’abashavuye mu ndirimbo nshya - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/04/2025 10:00
0


Shimwa Akaliza Gaella, umwana muto uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yasohoye indirimbo nshya yitwa 'Humura,' igamije guhumuriza abantu bababaye, ababwira ko Imana ibakunda kandi ejo ari heza.



Umwe mu baramyi bato kandi b’abanyempano u Rwanda rwibitseho, Shimwa Akaliza Gaella w’imyaka 10 usanzwe ari n'umuririmbyi muri korali Injili Bora, ashyize ahagaragara iyi ndirimbo, nyuma y'igihe gito atumiwe ku nshuro ye ya mbere mu gitaramo cy'urwenya kizwi nka “Gen-z Comedy” cyabaye ku ya 20 Gashyantare 2025, aho yaganirije urubyiruko iby'urugendo rwe n’indoto afite mu mwuga akora.

Christian Abayisenga, umuyobozi wa Holy Room Group ifasha uyu muhanzikazi, yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo igamije guhumuriza abantu bababaye 'ababwira ko Imana ibakunda, ibitayeho kandi ejo ari heza.'

Mu nyikirizo y'iyi ndirimbo nshya Akaliza yise 'Humura' aragira ati: "Humura kandi uhumurize umutima, yakuremye ifite umugambi. Nubwo uyu munsi bwije, uhumure ejo buzacya iragukunda."

Iyi ndirimbo yamaze kugera ku muyoboro wa YouTube wa Shimwa Akaliza Gaella ndetse no ku zindi mbuga zose z'umuziki. Mu masaha macye imaze igeze hanze, imaze kurebwa n'abakabakaba ibihumbi 7.

Akaliza yaherukaga gushyira hanze iyitwa ‘Akira amashimwe’ yakunzwe na benshi aho ku rubuga rwa YouTube imaze kurebwa n'abarenga ibihumbi 171 mu mezi abiri gusa.

Muri iyi ndirimbo, Akaliza azamura amashimwe y'abo Imana yahaye agakiza, abo yahaye urubyaro, abo yakijije indwara, abo yahaye kwiga bagatsinda, abo yarinze bakabasha gusoza umwaka wa 2024, n'abo Imana yarinze guseba mu maso y'ababahigaga.

Uyu mwana ukiri muto mu myaka akagira impano idasanzwe, yamenyekanye asubiramo indirimbo z’abandi bahanzi mbere y’uko atangira gukora umuziki we.

Inyinshi mu ndirimbo yakoze ni iz'abandi yabaga yasubiyemo (Cover). Indirimbo zose yakoze ziri kuri shene ye ya Youtube yitwa Shimwa Akaliza Gäella, hakaba hariho n'ijambo ry'Imana abwiriza kuko asanzwe ari n'umuvugabutumwa bwiza bwa Yesu. Hejuru y'ibyo, Akaliza ni n'umuririmbyi muri korali yitwa Injili Bora ikorera umurimo muri EPR Gikondo/Karugira.

Shimwa Akaliza Gaella avuka mu muryango w'abana 3 akaba ari we mfura. Ni umukobwa, abandi bavandimwe be babiri ni abahungu. Yatangiye kuririmba afite imyaka 3 y'amavuko, atangira kuririmba muri Injili Bora ajyana na nyina. Yashyize hanze indirimbo ye ya mbere afite imyaka 6.

Ababyeyi ba Akaliza Gaella bamwifuriza "kuzaba umuririmbyi ukomeye wubaha Imana kandi uca bugufi". Arakataje mu muziki aho akomeje gushyira hanze indirimbo zikora ku mitima ya benshi.


Akaliza Gaella w'imyaka 10 yashyize hanze indirimbo nshya

Ni indirimbo yasohokanye n'amashusho yayo yatunganijwe na Musinga

Ubutumwa bukubiye mu ndirimbo nshya bugamije guhoza imitima y'abababaye

Ari mu baramyi bato ariko batanga icyizere mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda

">Nyura hano urebe indirimbo Akaliza Gaella yise "Humura"

">
  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND