RURA
Kigali

Wayne Rooney yaguwe gitumo yihagarika ku muhanda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:1/04/2025 11:46
0


Icyamamare muri ruhago, Wayne Rooney, yafashwe ifoto ari kwihagarika ku rukuta mu muhanda w’ahitwa Marylebone na Mayfair i Londres, nyuma yo gusohokana n’inshuti ze.



Ibi byabaye nyuma y’akazi ke nk’umusesenguzi wa BBC Sport kuri FA Cup.

Si ubwa mbere Rooney afatirwa mu bikorwa nk’ibi kuko no mu mwaka wa 2013 yafashwe ari kwihagarika mu muhanda wa Manchester. Hari n’amafoto amugaragaza ari kwihagarika hafi y’ibihuru mu bihe bitandukanye.

Rooney n’inshuti ze batangiye ijoro ryabo mu kabari kazwi cyane ka Nest rooftop Bar, aho banyuzagamo bakishimira ibyiza by’umujyi wa Londres. Nyuma y’aho, bagiye gufatira amafunguro no kunywa ibindi muri resitora y’icyubahiro ya Novikov iri i Mayfair. Nyuma yo kwishimisha bikomeye, bahavuye ahagana Saa Munani z’igitondo.

Mu bice bimwe bya Londres, harimo na Westminster, abantu bafatwa barimo kwihagarika mu muhanda bashobora gucibwa amande angana n’amapawundi 150 (asaga ibihumbi 250 FRW). Ibi bishobora kugenwa n’amategeko arengera ibidukikije cyangwa amategeko y’imyitwarire rusange.

Nyuma y’icyo gikorwa cyafashwe nk’igitangaje, Rooney yagaragaye kuri BBC Sport nk’umusesenguzi w’umukino wa Brighton & Hove Albion na Nottingham Forest muri ¼ cya FA Cup. Yagaragaje kutishimira icyemezo cy’umutoza wa Forest, Nuno Espírito Santo, cyo kuruhutsa abakinnyi bamwe muri uru rugamba.

Ati: Ndumiwe. FA Cup ni irushanwa rikomeye kandi nta mukino ukwiye gufatwa nk’utagomba kwitabwaho. Umukinnyi wese aba ashaka gutsinda no gukomeza kugera ku ntego.”

Gusa, nubwo Rooney yagaye ibyemezo bya Nuno, Nottingham Forest yasoje umukino itsinze kuri penaliti, igera muri ½ cya FA Cup ku nshuro ya gatatu muri uyu mwaka.

Nyuma yo kwirukanwa nk’umutoza wa Plymouth Argyle ku itariki ya 31 Ukuboza 2024, Rooney amaze igihe agaragara nk’umusesenguzi kuri BBC Sport na Amazon Prime Video. Gusa, ibi byabaye bishobora kugira ingaruka ku isura ye nk’umuntu ufatwa nk’icyitegererezo mu mupira w’amaguru. Abareberera inyungu ze ntacyo baratangaza kuri iyi nkuru.

 

Wayne Rooney yaguwe gitumo yihagarika ku muhanda

Rooney yakoze ibyo nyuma yo gusangira n'inshuti ze






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND