RURA
Kigali

Burna Boy yungutse izina rishya

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:28/03/2025 14:28
0


Nyuma yo gukorana n’umuhanzi wo muri Haiti, Joé Dwèt Filé, Burna Boy yatangaje ko yungutse izina kuri ubu azajya yitwa Jean Béna Dieudonné.



Ni ubutumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X agaragaza ko yasubiranyemo indirimbo ‘4 Kampé.’ N’umuhanzi w’umufaransa ukomoka muri Haiti, Joé Dwèt Filé.

Mu butumwa buherekeza ifoto yakoresheje amenyekanisha iyi ndirimbo, Burna Boy yagize ati “Ubu nitwa Jean Béna Dieudonné.”

Burna Boy asanzwe afite amazina menshi kandi yamamaye haba muri Africa ndetse no ku Isi hose. Ayo mazina ni;

Burna Boy: Niyo mazina koresha y’ubuhanzi akaba ari nayo mazina ye yamamaye mu mwuga we w’ubuhanzi. Burna ryavuye mu mazina ye asanzwe ‘Damini Ebunoluwa Ogulu’ hanyuma Boy ni ako yongeyeho akiri umwana ndetse rirafata.

African Giant: Ni izina yafashe kuva mu mwaka wa 2019 nyuma yo gukora album yise ‘Africana Giant’ ikaba yaramamaye cyane imuhesha ikuzo ku isi hose. African Giant yashakaga kwigaragaza nk’umuhanzi wa mbere w’indashyikirwa muri Africa.

Odogwu: Ni izina yiyita rifite inkomoko mu rurimi rwa Igbo. Iri zina rigaragaza umuntu wubashywe, ufite ijambo rikomeye kandi ufite byinshi yagezeho. Burna Boy kandi yaje no guhimba indirimbo yise ‘Odogwu’.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND