RURA
Kigali

Ni ugushaka uturimo tw’amaboko cyangwa higwe andi mayeri? Ahazaza h'abahanzi mu Isi ya AI

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:28/03/2025 14:35
1


Mu Isi ya none, ikoranabuhanga rirakataje n’ubwo rishyirwamo imbaraga nyinshi bizarangira rigiriye akamaro umubare muto cyane w’abantu ku Isi abandi babeho nabi.



Kuri ubu, nshobora kumva nshaka guhimbira cyangwa se kwihimbira indirimbo ifite ubutumwa nshaka nkayikora mu gihe kitarenze iminota 2 kandi ikampa ibyo nkeneye byose haba mu magambo, injyana kuruta kujya kubishakisha hirya no hino rimwe na rimwe ntibiboneke.

Ibyo byose byumvikanisha akamaro k’ikoranabuhanga rya Artificial Intelligence (AI) mu buzima bwa muntu ariko na none iyo nikoreye ya ndirimbo, mba nsubije ku isuka abahanzi barenga 10 nari kumvira indirimbo zabo bakinjiza ahubwo nkaba ninjirije umunru umwe gusa.

Ni ibintu bikomeza gutera imbere buri munsi kuko Porogaramu za AI zikora imiziki, zikomeje kwiyongera umunsi ku wundi kandi zigatanga umuziki mwiza utapfa gutandukanya n’uwabantu basanzwe.

Muri iyi minsi, hari porogaramu nka AIVA, Amper Music, na OpenAI Jukebox zishobora gukora indirimbo zitunganye kandi zujuje ibisabwa nta mwanditsi cyangwa umuhanzi uzigizemo uruhare. Izi porogaramu zifata ingero z’indirimbo zabayeho zikagenderaho mu gukora inshya, zishobora kumvikana mu matwi nk’aho zakozwe n’abantu basanzwe.

Mu mwaka wa 2023, AI yakoze indirimbo isa neza n’iz’umuhanzi Drake, aho abantu benshi batashoboye gutandukanya ijwi rya Drake n’iryo ryakozwe na AI.

Indirimbo ‘Heart on My Sleeve’, yakozwe na AI ikoresheje amajwi asa n’aya Drake na The Weeknd, yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga mbere y’uko isibwa kubera ikibazo cy’uburenganzira bw’ibihangano n’amajwi.

Iyi ndirimbo yari yashyizwe hanze n’umuntu ukoresha urubuga rwa TikTok witwa Ghostwriter977.

Izi porogaramu za AI zifashisha indirimbo ziriho n’amagambo yazo, imidiho yazo, hanyuma ikazivangavanga igakoramo indirimbo imwe ijyanye n’ibyifuzo by’ushaka indirimbo.

Ibi byateje ikibazo gikomeye mu bijyanye n’uburenganzira bw’abahanzi (copyright), kuko bishobora gutuma abantu benshi batakaza amahirwe yo kubona inyungu ku bihangano byabo.

Mu mwaka wa 2023, umuhanzi Grimes yatangaje ko yemera ko abantu bakoresha ijwi rye muri AI, ariko akifuza ko amafaranga avuye kuri izo ndirimbo yamugeraho. Ibi byagaragaje ko hari uburyo AI ishobora gutuma abahanzi badasigara inyuma, ariko bigasaba bacanye ku maso.

Nyamara n’ubwo abahanzi babona amafaranga macye ku yinjiye binyuze mu ijwi rye ryakoreshwejwe na AI, benshi mu bafite Recording Labels batangiye gushaka uko babenguka AI bakagabanya abakozi nka producers, abahanzi ahubwo bagakoresha AI kugira ngo bashore macye barye menshi.

Ibi byongera guta mu rwobo rw’intare abahanzi bakigendera ku ijwi ryiza ry’umwimerere rimwe na rimwe usanga nta bundi buhanga bishyingikrije hirya yo kugira iryo jwi ryiza.

Nyamara n’ubwo AI itari yashobora guhimba indirimbo zikora ku marangamutima ya benshi nk’uko abahanzi bo hambere babikoraga, AI ifite umwihariko wo kuba yaha ubutumwa butomoye umuntu umwe uri kuyikorsha kuko yanayandikira amagambo y’indirimbo hanyuma nayo ikaririmba.

Ku ruhande rw’abahanzi, haracyasabwa agatuza kuko uko AI irimo itera imbere, bizaba mu nyungu za bacye abandi bose bagasubira ku isuka yewe hatibagiranye n’abahanzi bari barigaruririye imitima ya benshi kubera amajwi yabo.


AI irakataje mu gukora ku munwa abahanzi 

Umva urugero rw'imwe mu ndirimbo zakoreshejwe AI kuva ku magambo kugera kuri beat

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NGOGA ERIC2 days ago
    AI ZIZAKURA ABANTU BENSHI KUKAZI HAKWIYE GUSHAKWA UKO BAKORANA NEZA CYANGWA HAGAHIMBWA AKANDI KAZI GUSA NANONE AI YONGERA ACCURACY NA TIME SAVING IYO UZIKORESHEJE MUKAZI KAWE BIKABA BYAKONGERERA INYUNGU.AHAZAZA HAKOMEZA KUDUTERA UBWOBA THERE IS TIME WHEN SURVIVE WILL NOT BE EASY POSSIBLE.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND