RURA
Kigali

Kim Kardashian: Ubuzima bw’ubwangavu bwamuteye gushyigikira ivugururwa ry’amategeko agenga amagereza

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:28/03/2025 9:54
0


Kim Kardashian, icyamamare mu ruganda rw’imyidagaduro, yongeye kugaragaza impamvu ikomeye yatumye yiyemeza guharanira ivugururwa ry’amategeko agenga amagereza.



Mu kiganiro The Kardashians cyo ku wa Kane, uyu mugore w’imyaka 44 yasangije abakunzi be uko ibihe by’ubwangavu bwe byamufashije kubona ko hari abatari bakwiye gufungwa, bityo bigatuma agira inyota yo guharanira uburenganzira bwabo.

Kim Kardashian, ari kumwe n’abavandimwe we Kendall Jenner, Scott Disick n’inshuti ye Olivia Pierson, basuye abagororwa i Sacramento bari muri gahunda ibaha amahirwe yo kurangiriza igifungo cyabo mu kigo cy’imyitozo y’abazimya inkongi z’imiriro. Abo bagororwa, bari munsi y’imyaka 26, bari bamaze iminsi bafasha kuzimya inkongi zabaye muri Leta ya California.

Mu kiganiro cyimbitse yagiranye n’abo bagororwa, Kim yagarutse ku rugendo rwe rwa mbere muri gereza y’abagore, aho yahuye n’umugororwa wamubwiye inkuru itangaje y’uburyo yafunzwe nyuma y’uko umukunzi we amutumye kujya kumufatira ibiyobyabwenge. Ibi byahise bimwibutsa uko na we akiri umwangavu yigeze kujya gufatira ibiyobyabwenge inshuti ye Ecstasy mu nzu yabagamo.

Yagize ati: “Natekereje nti 'ese iyo ibintu bigenda nabi?' Iyo mpura n’ibibazo nk’ibi byo gufungwa, nari kugira umuntu umpagararira kuko data yari umunyamategeko. Ariko aba bo nta muntu bafite wo kubafasha,”

Iyi nkuru y’uwo mugororwa hamwe n’uburambe bwe bw’ubwangavu byamuhaye imbaraga zo gukomeza guharanira ivugururwa ry’amategeko y’amagereza. Kim yavuze ko se Robert Kardashian wahoze ari umunyamategeko ukomeye, ari we wamutoje gufasha abandi, kandi buri gihe yumva ko akomeza umurage we mu bikorwa nk’ibi.

Yagize ati “Buri gihe uko ngize amahirwe yo gusura amagereza, ndushaho kumva ko ngomba gukomeza guharanira ubutabera bw’aba bantu. Ni byo bituma ndushaho gushishikarira kurangiza amasomo yanjye y’amategeko.”

Muri Kanama 2024, Kim yasuye gereza y’abagororwa bazimya inkongi maze atangaza ko ari gahunda yihariye kuko ifasha abafungwa kubona amahirwe mashya yo gukorera igihugu no gusiba ibyaha byabo mu nyandiko z’amategeko. 

Abagororwa bazimya inkongi bahembwa hagati ya $5.80 na $10.24 ku munsi, ariko iyo bari mu kazi kadasanzwe bahembwa $1 ku isaha. Kim yasabye Guverineri wa California, Gavin Newsom, kongera ayo mafaranga kuko akazi k’aba bantu ari ingirakamaro cyane.

Ati “Aba bagororwa bakora amasaha 24 adasiba, bagerageza gukiza ubuzima bw’abantu no kurengera imitungo yabo, nyamara bahembwa intica ntikize. Ni ngombwa ko Leta ibaha agaciro bakwiye,”

Kim yavuze ko urugendo rwe rwo guharanira ubutabera rugikomeje kandi ko azakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo abari muri gereza bahabwe amahirwe yo kongera kubaka ubuzima bushya.

Kim Kardashian yavuze ko ubuzima bwe bw’Ubwangavu bwamuteye gushyigikira ivugururwa ry’amategeko agenga amagereza. 

Kim yavuze ko ibyo yanyuzemo mu bwangavu bwe bimutera gushyigikira guhindura amategeko agenga amagereza

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND