RURA
Kigali

Ibitaramo bya muzika bikomeye ku Isi: Uko bitegurwa, akayabo byinjiza n’amahirwe bizanira abahanzi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:21/03/2025 9:36
0


Ibitaramo bya muzika bikomeye ku Isi ni bimwe mu bikorwa by’imyidagaduro bikurura imbaga y’abantu baturutse imihanda yose. Ni aho abakunzi ba muzika bahurira n’abahanzi bakomeye, bagasusurutswa mu bitaramo biba biteguye mu buryo bwihariye.



Muri ibyo bitaramo, Coachella, Glastonbury, Tomorrowland, Afro Nation na Rolling Loud ni bimwe mu bikomeye cyane kandi byinjiza amafaranga menshi buri mwaka.

Ibitaramo bikunzwe cyane ku Isi

Ibitaramo bikomeye bikurura abantu ibihumbi n’ibihumbi, bikaba amahirwe ku bahanzi yo kwigaragaza no kwagura igikundiro cyabo. Icyitwa Coachella kibera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni kimwe mu  by’imena, kikaba kizwiho guhuriza hamwe abahanzi bakomeye bo mu njyana zitandukanye.

Glastonbury, cyo kibera mu Bwongereza, kikaba kimaze imyaka myinshi cyigaragaza nk’ikirenze igitaramo gisanzwe, kikaba iserukiramuco rifite amateka akomeye.

Nka Coachella, ni iserukamuco rikorwa mu byumweru bibiri bikurikiranye muri California, rigakurura abarenga 250,000 buri mwaka. Mu 2023, ryinjije asaga miliyoni 117 z’amadolari. Abahanzi bakomeye babitumirwamo harimo Beyoncé, Billie Eilish, Blackpink n’abandi.

Glastonbury nacyo ni igitaramo kibera mu Bwongereza cyatangiye mu 1970, kikaba kitabirwa n'abarenga 210,000 buri mwaka. Mu 2022, cyinjije miliyoni 80 z’amadolari, abahanzi nka Elton John, Arctic Monkeys na Lizzo bakiririmbamo mu myaka itandukanye.

Tomorrowland ryo ni iserukiramuco rya EDM riba mu byumweru bibiri rikitabirwa n’abakunzi ba muzika basaga 400,000. Mu 2022, ryinjije miliyoni 150 z’amadolari. Abahanzi nka David Guetta, Martin Garrix na Tiësto bakunze kuriririmbamo.

Uko bitegurwa n’uko byinjiza akayabo

Gutunganya igitaramo gikomeye cyane, bisaba kwitegura igihe kirekire, haba mu gutoranya ahantu hihariye, abahanzi bazaririmbamo ndetse n’ibindi bikorwa bifasha igitaramo kugenda neza. Kubera uburyo biba bikunzwe, amatike y’ibitaramo nka Coachella ashobora kugurwa akayabo ndetse akarangira mu minota mike.

Ibitaramo nka Tomorrowland byo bifite ibisabwa bidasanzwe, aho abitabiriye bagomba kwishyura amafaranga atari make kugira ngo babone uko binjira ndetse banishimire ibindi bikorwa bijyana nabyo.

Nko kuri Coachella, kuyitegura bisaba igishoro kinini kiri gahati ya miliyoni 25-50 z’amadolari. Mu 2023, itike imwe yo kwinjira muri iki gitaramo yaguraga hagati ya 499$ na 9,000$.

Ni mu gihe mu gitaramo cya Glastonbury, amatike yaguraga 335$ mu 2023 yarangiye mu minota 60 nyuma y'uko hafunguwe urubuga rwo kuguriraho amatike. Muri uwo mwaka, kinjije miliyoni 80 z’amadolari.

Amahirwe ku bahanzi

Kuba umuhanzi yataramira muri ibi bitaramo ni intambwe ikomeye mu rugendo rwe rwa muzika. Ni ho yigaragariza imbaga y’abantu bakunda umuziki kandi akagira amahirwe yo kwigarurira abafana bashya.

Ibitaramo nka Rolling Loud, byibanda cyane kuri hip-hop, bimaze gufasha abahanzi benshi kwagura igikundiro cyabo no kubona amasezerano y’imikoranire n’ibigo bikomeye mu muziki. Afro Nation, ibera muri Portugal n’ahandi hatandukanye, ni umwanya w’ingenzi wo kumenyekanisha umuziki wa Afurika ku rwego mpuzamahanga.


Nka Beyoncé, ibi bitaramo bikomeye byatumye azana impinduka ikomeye mu bitaramo by’abagore muri muzika, mu gihe Blackpink, itsinda ryo muri Koreya y’Epfo ryigaruriye abakunzi ba muzika ku rwego mpuzamahanga nyuma yo gutarama muri Coachella.

Ibitaramo nka Afro Nation na Rolling Loud byahindutse umusingi ukomeye wo kumenyekanisha abahanzi bashya no guteza imbere injyana zitandukanye.

  • Iri serukiramuco ribera muri Portugal no muri Ghana, rikaba ryaragize uruhare mu gukundisha isi umuziki wa Afrobeats. Abahanzi nka Burna Boy, Wizkid na Davido baririmbye muri iri serukiramuco, byongera igikundiro cyabo ku ruhando mpuzamahanga
  • Rolling Loud, ni kimwe mu bitaramo bikomeye bya Hip-Hop ku isi, aho abahanzi nka Travis Scott, Lil Uzi Vert, Cardi B n’abandi bagiye kuhataramira bagakuramo umusaruro ukomeye.

Icyo bisobanuye mu mwihariko wa muzika

Ibitaramo bikomeye ku isi si ahantu abantu bajyanwa no kwishimisha gusa, ahubwo ni n'ubucuruzi bukomeye, aho abategura ibi bitaramo, abahanzi, abacuruzi n’ibigo bikomeye bungukira cyane muri ibi bikorwa. Kuri muzika, ni uburyo bwo gufasha abahanzi gukomeza kwagura impano zabo, kubona amafaranga atubutse no kugira izina rikomeye ku rwego rw’isi.

Mu gihe isi ikomeje gutera imbere, ibitaramo bya muzika bikomeza kugira uruhare runini mu gutuma abahanzi bagira ingufu mu ruganda rwa muzika, bikaba kandi umwanya mwiza wo guhuza abantu banyuranye bakunda umuziki, mu njyana zose.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND