Amategeko mpuzamahanga avuga ko Igihugu kimwe cyemerewe kwirukana cyangwa kwanga abadipolomate b’ikindi gihugu ku mpamvu bagaragaza cyangwa se ntibazigaragaze.
Kuri
uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo ivuga
ko yahagaritse umubano wayo n'u Bubiligi mu bya dipolomasi, inategeka Abadipolomate
b’iki gihugu kuba bavuye ku butaka bwarwo mu gihe kitarenze amasaha 48.
U
Rwanda rwavuze ko rwafashe uyu mwanzuro nyuma yo kubyigana ubushishozi mu ngeri zose,
bitewe n’imyitwarire y'u Bubiligi ya gikoloni.
Nk’uko
byari byategetswe, aba badipolomate bagombaga guhita bashaka uko bava mu Rwanda
bakagenda kuko nta tegeko ribarengera ryatuma bakomeza kuba mu Rwanda kandi
barabirukanye.
Iyirukanwa
ry’abadipolomate rishingiye cyane ku Masezerano ya Vienna ajyanye n’Imibanire
ya Dipolomasi yo mu mwaka wa 1961 [Vienna Convention on Diplomatic Relations 1961]
akaba ari yo shingiro ry’amategeko agenga umubano hagati y’ibihugu.
Ayo
masezerano agaragaza uburenganzira n’inshingano by’abahagarariye ibihugu byabo
mu mahanga, anatanga uburenganzira bwo gutangaza abadipolomate nka ‘persona non
grata’ (abatemerewe muri icyo gihugu).
Ingingo
ya 9 y’aya masezerano, niyo isobanura neza ‘persona non grata’ aho igihugu
cyemerewe gutangaza umudipolomate ko batakimwifuza kigasaba ko asubizwa mu
gihugu cye cyangwa se agakurwa mu nshingano.
Kidasabwe
ibisobanuro, Igihugu runaka gishobora kwanga umudipolomate cyangwa se abandi
bakorana n’abadipolomate bakaba babanga batari bagera mu gihugu cyangwa se bari
mu gihugu bakoreramo inshingano zabo ku buryo bashobora guhita basubizwa iwabo
akazi kabo kagakorwa n’abandi.
Mu
gihe igihugu cyohereje uwo mudipolomate kinaniwe kubahiriza ku gihe ibyo cyasabwe n’ikindi gihugu bigendanye n’ingingo ya mbere, icyo gihugu kindi
gifite uburenganzira bwo kwanga uwo mudipolomate.
Ingingo
ya 41 y’amasezerano ya Vienna ajyanye n’Imibanire ya Dipolomasi yo mu mwaka wa 1961,
ivuga ko umudipolomate agomba kubaha no kugendera ku mategeko y'Igihugu akoreramo
akazi kigenderaho.
Agace
ka mbere k’iyi ngingo, kagira gati “Hadashingiwe ku burenganzira bwihariye
n’ubudahangarwa bwabo, abantu bose bahabwa ubwo burenganzira n’ubudahangarwa
bagomba kubahiriza amategeko n’amabwiriza by’igihugu kibakira. Nanone, bagomba
kwirinda kwivanga mu miyoborere y’imbere muri icyo gihugu.”
Intumwa
ya dipolomate ntiyemerewe gukora imirimo y’ubucuruzi cyangwa iy'umwuga igamije
inyungu ze bwite mu gihugu akoreramo ubutumwa bwe.
Iyo
ibihugu bibiri bidafitanye umubano, nta badipolomate babihagarariye ku
mugaragaro bahaba kandi iyo umudipolomate atari mu gihugu ku buryo bwemewe
n’amategeko, nta burinzi bw’amategeko mpuzamahanga aba afite.
Ingingo
ya kabiri y’amasezerano ya Viena ajyanye n’Imibanire ya Dipolomasi yo mu mwaka
wa 1961, ivuga ko "Ishyirwaho ry’umubano wa dipolomasi hagati y’ibihugu,
ndetse n’ishyirwaho ry’intumwa za dipolomasi, bikorwa ku bwumvikane bw’impande zombie
(Igihugu cyakira umudipolomate n’iimutanga)."
Amasezerano
ya Loni yo mu mwaka wa 1945, ingingo ya 2(1) & (4), Ashimangira ubusugire
bw’ibihugu no kuba umubano wa dipolomasi ari ubushake bw’ibihugu ubwabyo.
Amasezerano
ya Vienna ingingo ya 2, Ihame ry’Ubwigenge bw’Ibihugu n’amasezerano ya Loni,
bigaragaza ko iyo nta mubano wa dipolomasi uhari, nta mudipolomate wemewe uba
uhari.
TANGA IGITECYEREZO