RURA
Kigali

Icyacumi kizanyuzwa muri Banki: Impinduka mu mabwiriza agenga amadini n’amatorero mu Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:10/03/2025 18:22
0


Guhera muri Werurwe 2025, amafaranga yose yinjira mu madini n’amatorero agomba kunyuzwa muri banki, mu rwego rwo kunoza imicungire y’umutungo no gukumira ibibazo bijyanye no kunyereza amafaranga.



Iyi ni imwe mu ngingo zikomeye zikubiye mu mabwiriza mashya agenga imiryango ishingiye ku myemerere mu Rwanda, yashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB ategeka ko bikorwa by’imari by’idini/itorero byose bikorwa binyujijwe muri banki cyangwa mu bindi bigo by’imari byemewe mu Rwanda.

Mu rwego rwo gukumira ihererekanya ry’amafaranga mu ntoki, Umuryango wose ushingiye ku myemerere urasabwa gushyiraho ingamba zikangurira abaterankunga bawo gukoresha banki n’ibigo by’imari byemewe n’amategeko.

Ku byerekeranye n’amafaranga yakusanyijwe mu biterane cyangwa mu yindi mihango y’imyemerere, umuryango uzajya ubikorera inyandiko unatange raporo mu gihe hakusanyijwe amafaranga arenga ateganywa n’amabwiriza ku bihano mu by’imari birebana n’iterabwoba, gutera inkunga iterabwoba, n’ikwirakwiza ry’intwaro za kirimbuzi.

Buri muryango kandi ufite inshingano yo kumenya niba inkomoko y’inkunga y’umuterankunga wawo idaturuka cyangwa idafitanye isano n’ibikorwa binyuranije n’amategeko.

Kugira ngo habeho umucyo mu mikoreshereze y’imari, buri mwaka hazajya habaho igenzura ry’umutungo w’umuryango rikorwe n’abahanga bemewe kandi babifitiye ububasha.

Mu bindi bishya harimo kwerekana “inyemezabwishyu ya miliyoni 2 Frw ya serivisi adasubizwa yo gusaba ubuzimagatozi, yishyurwa mu isanduku ya Leta.”

Biteganijwe ko kandi Umuryango wagabye ishami utabiherewe uburenganzira n’Akarere cyangwa Umujyi wa Kigali, uzajya uhanishwa igihano cyo guhagarika iryo shami kand utange n’ihazabu y’agera kuri miliyoni 5 Frw.

Umuyobozi uhagarariye umuryango ushingiye ku myemerere n’umwungirije basabwa kuba barize amasomo ajyanye n’iyobokamana mu ishuri rikuru cyangwa kaminuza byemewe n’amategeko.

Iyo yize mu mahanga atanga icyemezo cy’imihwanire y’impamyabumenyi cyangwa y’impanyabushobozi mu by’iyobokamana gitangwa n’urwego rubifitiye ububasha.

Ku muntu wize kamininuza mu zindi ngeri agaragaza “icyemezo cy’amasomo y’iyobokamana ashimangira impamyabumenyi cy’uhagarariye umuryango imbere y’amategeko n’icy’umwungirije bafite impamyabumenyi zitari izo mu bijyanye n’iyobokamana bize nibura amasaha 1.200 mu masomo y’iyobokamana mu ishuri ryemewe n’urwego rubifitiye ububasha.”

Amabwiriza yo ku wa 6 Werurwe 2025 yerekeye ibindi bisabwa imiryango ishingiye ku myemerere, ategeka ko umuryango usaba ubuzima gatozi muri RGB werekana icyemezo gitangwa n’Akarere cyangwa Umujyi wa Kigali kigaragaza ko inyubako yagenewe ibikorwa byo gusenga yujuje ibiteganywa n’amategeko agenga imyubakire y’aho hantu.

Basabwa kandi kwerekana inyandiko yemeza gukoresha inyubako ku buryo bwihariye mu bikorwa byo gusenga; inyandiko yemeza gukorera gusa imihango yose, amasengesho n’imikorere y’imyemerere mu nyubako y’umuryango yagenewe gusengerwamo.

Abashinga amadini n’amatorero n’imiryango ibishamikiyeho bajyaga bakodesha inzu zisanzwe zikoreshwa indi mirimo nka hoteli cyangwa inzu zakira ibirori bakazisengeramo. Amabwiriza mashya ategeka ko iyo nyubako ihabwa icyangombwa cyemeza ko ikorerwamo imihango y’uwo muryango no gusenga gusa.

Akarere cyangwa Umujyi wa Kigali bizajya bitanga ibaruwa y’imikoranire ari uko hatanzwe “icyemezo cy’ingero y’inyubako cyemeza ko inyubako izakorerwaramo ibikorwa byo gusenga yujuje ibisabwa n’amategeko y’imyubakire y’aho umuryango ukorera gitangwa n’ubuyobozi bubifitiye ububasha.”

Hasabwa kandi urutonde rw’abantu nibura 1.000 bo mu karere umuryango wifuza gukoreramo bawushyigikiye, ruriho imikono yabo, inomero z’indangamuntu cyangwa iza pasiporo n’iza telefoni byabo na gahunda y’ibikorwa by’amajyambere Akarere cyangwa Umujyi wa Kigali bishyize imbere.

Imiryango ishingiye ku myemerere ibarirwamo amadini n’amatorero n’indi ibishamikiyeho.

Ubugenzuzi bwakozwe mu 2024 ku miryango ishingiye ku myemerere harebwa iyubahirizwa ry’amabwiriza ayigenga, bwasize amatorero arenga 50 ahagaritswe gukorera mu Rwanda kubera kutuzuza ibisabwa, mu gihe inzu zisengerwamo zirenga 9.000 na zo zafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa byagenwe.

Mu 2023/2024 imiryango ishingiye ku myemerere 116, yasabye ibyangombwa by’ubuzima gatozi, 19 irabihabwa mu gihe 97 itabihawe kuko itari yujuje ibisabwa.

Hashyizweho amabwiriza mashya agenga amadini n'amatorero     





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND