Ku Cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025, nibwo isiganwa ry’amagare rya mbere muri Afurika rya Tour du Rwanda ryatangiraga aho ryakinwaga ku nshuro ya 17 ribaye mpuzamahanga.
Iri siganwa, ryatangiye hakinwa agace ka Prologue ku ntera ya kirometero 4.3 aho abakinnyi bahagurukiraga ku marembo manini ya BK Arena bagasoreza kuri Sitade Amahoro.
Umukinnyi Aldo Taillieu
ukinira ikipe ya Lotto Cycling Team ukomoka mu Bubiligi niwe wegukanye aka
gace, akoresheje iminota 3 n’amasegonda 48. Ku mwanya wa kabiri haje Fabien
Doubey ndetse na Milan Menten bose barushijwe amasegonda 2 n’ibice.
Umunya-Eritrea
Henok Mulubrhan w'imyaka 25 ubitse Tour du Rwanda ya 2023 yegukanye Agace ka
Mbere ka Tour du Rwanda ya 2025 kakinwe ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare.
Aka gace ka mbere kari
gafite intera y'ibilometero 157,8 akaba ari nako karekare muri Tour du Rwanda
y'uyu mwaka, kahagurutse i Rukomo mu karere ka Gicumbi Saa tanu, kanyura mu
karere ka Nyagatare na Gatsibo ubundi gasorezwa mu karere ka Kayonza.
Umunya-Australia
Brady Gilmore ukinira Ikipe ya Israel Premier Tech, ni we wegukanye Agace ka
Kabiri ka Tour du Rwanda ya 2025, kakinwe ku wa Kabiri
tariki ya 25 Gashyantare. Ubwo iri rushanwa ryakomezaga ku munsi waryo wa
kabiri, hakinwe agace kavuye mu mujyi wa Kigali kuri MIC Saa tanu, kaza
gusorezwa i Musanze ku ntera y'ibilometero 121.
Ku wa Gatatu ubwo Tour du
Rwanda ya 2025 yakomezaga ku munsi wayo wa 4 hakinwa agace ka Gatatu kavaga i
Musanze Saa tanu, kakaza gusorezwa i Rubavu ku ntera y'ibilometero 121, Brady Gilmore yanditse amateka yo
kwegukana aka gace nyuma y’uko ari we wegukanye n’aka kabiri.
Umufaransa
Joris Delbove ukinira Ikipe ya TotalEnergies yegukanye Agace ka Kane ka Tour du
Rwanda 2025, kakinwe ku wa Kane kava i Rubavu kerekeza i Karongi. Ni mu gihe Umubiligi
Duarte Marivoet w'imyaka 20 ukinira Ikipe ya UAE, yegukanye Agace ka Gatanu k’iri
rushanwa kakinwe ku wa Gatanu tariki ya 28 Gashyantare 2025, ubwo kavaga i
Rusizi kerekeza i Huye.
Naho Nahom Araya w'Ikipe y'Igihugu ya Eritrea yegukanye Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2025, kakinwe ku wa Gatandatu ubwo kavaga mu karere ka Nyanza kerekeza mu mujyi wa Kigali kuri Canal Olympia. Agace ka nyum kaje kwitambikwa n'imvura, kegukanwe n'umufaransa Fabien Doubey.
Usibye
uburyohe bw’igare ku bakunda imikino muri rusange, n’abakunzi b’imyidagaduro
ntibasigajwe inyuma kuko habaye ibitaramo binyuranye byiswe ‘Tour du Rwanda
Festival’ byazengurutse mu Turere twa Musanze, Rubavu, Huye, ndetse no mu Mujyi
wa Kigali.
Mu
bahanzi batanze ibyishimo muri ibi bitaramo harimo Bwiza, Juno Kizigenza,
Yampano, Chriss Eazy, Mico The Best,Bushali na Senderi Hit. Ni mu gihe Tasha
The DJ ndetse na DJ Brianne na bo batanze ibyishimo ku bakunzi b’umuziki.
TANGA IGITECYEREZO