RURA
Kigali

Ni we mugore wa mbere ubigezeho! Soraya Hakuziyaremye yagizwe Guverineri wa BNR

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/02/2025 17:03
0


Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bashya ba Banki Nkuru y'u Rwanda, aho Soraya Hakuziyaremye yagizwe Guverineri na ho Dr Justin Nsengiyumva agirwa Guverineri Wungirije.



Ni impinduka Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Gashyantare 2025, ashingiye ku biteganwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 112

Izi mpinduka zibaye nyuma y'aho John Rwangombwa wayoboraga iyi banki asoje manda ze ebyiri. Soraya Hakuziyaremye akaba ari we mugore wa mbere mu mateka uyoboye BNR.

Soraya Hakuziyaremye yari asanzwe ari Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’Igihugu, umwanya yagiyeho mu 2021 asimbuye Dr Nsanzabaganwa Monique wari uherutse gutorerwa kuba Umuyobozi wungirije muri Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. 

Soraya Hakuziyaremye yinjiye muri Guverinoma mu mpinduka zakozwe ku wa 18 Ukwakira 2018, aba Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda. Yize amashuri yisumbuye mu Mujyi wa Kigali muri Ecole Belge de Kigali aho yasoje mu Mibare n’Ubugenge.

Nyuma yagiye kwiga mu Bubiligi mu Mujyi wa Bruxelles yiga mu Ishuri ry’Imari rya Vlerick. Yaje gusoza amasomo ye mu bijyanye n’imari ndetse no kumenyekanisha ibicuruzwa muri Université Libre de Bruxelles.

Yamaze imyaka ine akora muri Bank of New York guhera mu Ukuboza 2002 nyuma aza kuhava ajya muri BNP Paribas Fortis i Bruxelles aho yakoze imyaka itandatu.

Mu 2012 ni bwo yagarutse mu Rwanda amara imyaka ibiri n’igice akora nk’Umujyanama wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mbere yo kujya gukora mu kigo gikomeye cy’Imari cyo mu Buholandi, ING Group aho yanabaye na Visi Perezida wacyo mu Bwongereza.

Kuva muri Gashyantare 2013 ubwo Rwangombwa yagirwaga Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), ubukungu bw’u Rwanda bwagiye butera imbere ku muvuduko mwiza aho nibura buri mwaka buzamuka ku kigero kiri hejuru ya 7%.

Muri gihe cye nk’Umuyobozi wa BNR himakajwe ikoranabuhanga mu bijyanye na serivisi z’imari. Urugero imibare iheruka ya BNR igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022, amafaranga yahererekanyijwe binyuze kuri telefone (Mobile Banking) yiyongereye ku kigero cya 58 % ugereranyije n’umwaka wabanje, akava kuri miliyari 4.707 Frw akagera kuri miliyari 6.616 Frw.

John Rwangombwa yakoze mu nzego zitandukanye z’ubukungu bw’u Rwanda zirimo Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ndetse aza kuyiyobora guhera mu 2009.

Muri icyo gihe nibwo hari hari gushyirwa mu bikorwa gahunda ya mbere y’Imbaturabukungu (EDPRSI) igamije kugabanya ubukene, yasize ubukene mu Rwanda bugabanyutseho 12 % guhera mu 2006 kugeza 2011.

Mu mwaka wa 2015 ubwo yari amaze imyaka ibiri ayoboye BNR, yahawe igihembo cya Guverineri wa Banki nkuru w’Umwaka muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Soraya Hakuziyaremye yagizwe Guverineri wa BNR

Dr Justin Nsengiyumva yagizwe Guverineri Wungirije wa BNR

John Rwangombwa yari amaze imyaka 12 ayoboye Banki Nkuru y'u Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND