Umwenda w’umuhondo uhabwa umukinnyi ufite ibihe byiza muri Tour du Rwanda wongeye gutangwa na Visit Rwanda, mu gihe umwenda wa Amastel uzajya uhabwa umukinnyi wegukanye agace ka Tour du Rwanda.
Kuri
iki Cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025, nibwo isiganwa ry’amagare rya mbere
muri Afurika rya Tour du Rwanda ryatangiraga aho ryakinwaga ku nshuro ya 17
ribaye mpuzamahanga.
Iri
siganwa, ryatangiye hakinwa agace ka Prologue ku ntera ya kirometero 4.3 aho
abakinnyi bahagurukiraga ku marembo manini ya BK Arena bagasoreza kuri Sitade
Amahoro.
Umukinnyi
Aldo Taillieu ukinira ikipe ya Lotto Cycling Team ukomoka mu Bubiligi niwe
wegukanye aka gace, akoresheje iminota 3 n’amasegonda 48. Ku mwanya wa kabiri
haje Fabien Doubey ndetse na Milan Menten bose barushijwe amasegonda 2 n’ibice
Nyuma
y’aka gace, nk’ibisanzwe, hatanzwe ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza, ndetse
bakaba ari bo bazabikomezanya hakinwa umunsi wa kabiri.
Abakinnyi bahembwe
Aldo Taillieu
Yahembwe na Visit Rwanda nk’umukinnyi wakoresheje ibihe bike, ndetse
kuri uyu wa Kabiri araba yambaye umwenda w’umuhondo wanditseho Visit Rwanda.
Ikipe
nziza yabaye ikipe ya Lotto Cycling Team yahembwe n’uruganda rw’Inyange
ari narwo rumaze igihe ruhemba ikipe nziza muri Tour du Rwanda.
Ruhumuriza
Aime ukinira ikipe ya May Stars yahembwe na Canal+ nk’umukinnyi mwiza
w’umunyarwanda ukiri muto, aho kuri uyu wa Kabiri ajya mu muhanda yambaye
umwenda wa Canal+.
Ikindi wamenya kuri Ruhumuriza Aime ni uko ari we mukinnyi
muto uri muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka ku myaka 18 y’amavuko.
Kieran
Gordge ukinira ikipe y’igihugu y’Afurika y’Epfo, niwe wahembwe nk’umukinnyi
mwiza w’umunyafurika ukiri muto, aho yahembwe na Mobile Money Rwanda Ltd ndetse kuri uyu wa Mbere akaba ariwo mupira yambara.
Aldo
Taillieu kandi wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025 ni nawe mukinnyi
wegukanye igihembo cy’umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kinini, akaba yahembwe
n’uruganda rwa Ingufu Gin.
Joshua
Dike ukinira ikipe ya Afurika y’Epfo, yahembwe na RwandAir nk’umukinnyi mwiza
w’umunyafurika.
Umunyarwanda
witwaye neza, yabaye Masengesho Vainqueur ukinira ikipe ya Team Rwanda akaba
yahembwe na Centrika. Uyu Masengesho, Tour du Rwanda iheruka, yabaye
umunyarwanda wa kabiri witwaye neza nyuma ya Manizabayo Eric bakunze kwita
Karadio.
Joris
Delbove ukinira ikipe ya Team Total Energies yahembwe nk’umukinnyi wasaruye
amanota menshi, akaba yahembwe na Total Energies.
Milan
Menten ukinira ikipe ya ya Lotto Cycling Team yahembwe na Forzza Game nk’umukinnyi
mwiza w’umuzamutsi.
Aldo
Taillieu ukinira ikipe ya Lotto Cycling Team yongeye kwegukana igihembo cya 3,
aho yahembwe nk’umukinnyi mwiza ukiri muto, akaba yahembwe na Prime Insurance.
Aldo
Taillieu kandi yongeye yegukana igihembo cya kane, igihembo cy’umukinnyi
wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, aho yahembwe na Amastel.
Kuri
uyu wa mbere, abakinnyi barakina agace ka kabiri ka Tour du Rwanda aho
bahagurukira mu Rukomo berekeza mu karere ka Kayonza ariko baciye i Nyagatare,
ndetse aka gace kakaba ariko karekare kazaba kari muri iri siganwa kuko kangana
na Kirometero 157.8
TANGA IGITECYEREZO