RURA
Kigali

Ingengo y’Imari, ibibazo by’ibihembo n’amatora! Tujyane mu Nama idasanzwe y’Intekorusange ya FERWAFA

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:15/02/2025 14:27
0


Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, bemeje ko izakoresha ingengo y’Imari y’arenga miliyari 15 z’Amanyarwanda, hagaragazwa ibibazo by’ibihembo hanatorwa abagize Komisiyo y’Ubujuriye y’Amatora.



Ibi ni ibyabereye mu Nama y’intekorusange ya FERWAFA yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Gashyantare 2025 muri Marriott Kigali Hotel.

Ni inama yatangiye Saa yine n’igice haherwa ku kureba Abanyamuryango bitabiriye kugira ngo hubahirizwe itegeko rivuga ko inama igomba gutangira mu gihe hari ¾ cy’Abanyamuryango ndetse hanakirwa Davis Ndayisenga uhagarariye Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA mu gace ka Afurika y’Iburasirazuba wari witabiriye.

Hanakiriwe abayobozi bashya mu makipe barimo Chairman wa APR FC,Brig Gen Deo Rusanganwa, Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, Perezida wa Kiyovu Sports, David Nkurunziza n’abandi.

Abanyamuryango ba FERWAFA bemeje ko izakoresha Ingengo y’Imari ingana na 15,297,147,920 Frw mu mwaka wa 2025.Iyi ngengo y’Imari yiyongereyeho 56% ugereranyije niyo mu mwaka ushize wa 2024 bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo imikino mpuzamahanga izitabirwa n’ibyiciro byose, kubaka ibibuga bishya,gusana inyubako y’Ibiro bya FERWAFA n’ibindi.

Hanavuzwe ko FERWAFA ishaka gushinga radiyo na televiziyo aho umunyamabanga w’iri shyirahamwe, Kalisa Adolphe yavuze ko impamvu y’ibi ari ukugira ngo bajye bitangira amakuru yizewe kandi y’umwimerere.

FERWAFA izinjiza amafaranga agera kuri Miliyari zirenga 15,297,147,920 Frw muri 2025. Aya mafaranga arimo azava muri Minisiteri ya Siporo, FIFA, CAF, ku bibuga, muri Paris Saint-Germain ndetse n'ahandi.

Nyuma yuko hagaragajwe ingengo y’Imari Abanyamuryango bahawe umwanya ngo bagire icyo bayivugaho ndetse hanagaragazwe ibibazo bitandukanye. Perezida wa Bugesera FC, Gahigi Jean Claude, yagaragaje igitekerezo cy'uko ibihembo byakongerwa aho yavuze ko ibyo bashora bitangana n'ibyo binjiza.

Yagize ati: "Abantu bose bitabiriye amarushwanwa kuko bose baba baravunitse bakagize icyo babona. Iyo tumaze umwaka dukina twajya gutanga ibihemboi ukabona ni miliyoni 25, kandi umuntu yaratanze menshi."

Yitanzeho urugero ko mu mwaka w'imikino wa 2023-2024, ikipe ya Bugesera FC ayobora yageze ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro, bagahabwa miliyoni eshanu nk'igihembo.

Ati: "Rwose ntababeshye ntabwo mbizi, ariko ikipe ntiyatwara igikombe cy'Amahoro ngo ihabwe miliyoni 10."

Yakomeje agira ati" Rwose Chairman [Perezida wa FERWAFA], icyo kintu muzagihindure muzarebe uko mu bigenza, mushakishe uko mu bigenza”.

Perezida wa FERWAFA Munyatwali Alphonse, amusubiza yavuze ko nabo babona ko ibihembo bitangwa bitangana n'ibyo amakipe ashora.

Ati: "Ni ikintu tuganire cyane tubona ko kiri hasi pe! Turagerageza biciye ku ngengo y'imari dushake n'uburyo mu bafatanyabikorwa ari ukongera ibihembo ndetse no kongera abahembwa [Amakipe]."

Yagaragaje ko nko muri shampiyiona y'icyiciro cya mbere, Rwanda Premier League isigaye iyitegura ibifite muri gahunda y'uko mu byinjira hazajya hakurwamo ibihabwa buri kipe ikina icyiciro cya mbere.

Ati "Turabishyiramo ingufu, tutarebye ku ngengo y'imari. Tuzashaka umwanya dushashakishe amafaranga"

Ubusanzwe ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyiona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda ihabwa igihembo cya miliyoni 25, mu gihe iyatwaye Igikombe cy'Amahoro ihabwa igihembo cya miliyoni 10, abayobora amakipe basaba ko bihinduka.

Hanatanzwe ikibazo cy’uko abasifuzi abatagira amakarita abaranga ndetse n’Ubwishingizi. Perezida wa FERWAFA kuri iki kibazo yavuze bagiye kubikoraho vuba ndetse anavuga ko bagiye gushyiraho imishahara yabo ihoraho.

Muri iyi Nama y’Intekorusange idasanzwe ya FERWAFA hanatowe Abakomiseri 5 bo muri komisiyo y’Ubujurire y'Amatora, Murekatete Fifi, Me Gasasira Jafari, Me Nsengimana Jean d’amour, Dr. Niyonsenga Jean de Dieu na  Umutoni Francoise.

Aba bwatorewe Manda y'imyaka ine.



Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée ni umwe mu bitabiriye iyi Nama y'intekorusange idasanzwe ya FERWAFA 



Perezida wa FERWAFA yijeje gukemura ibibazo Abanyamuryango bagaragaje birimo n'icy'ibihembo bitangwa 

Chairman wa APR FC,Brig Gen Deo Rusanganwa ari mu bitabiriye iyi Nama y'intekorusange idasanzwe 


Me Gasasira Jafari yatorewe kujya muri Komisiyo y'Ubujurire y'Amatora 



AMAFOTO: Ngabo Serge 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND