Kigali

Bruce Melodie afitiye icyizere kidacagase Perezida Kagame ku kuzana amahoro mu Karere

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:13/02/2025 11:55
0


Umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje ko afite icyizere ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, azashyira ku murongo ibibazo biri muri Afrika y’u Burasirazuba.



Hashize iminsi amaso y’abatuye akarere k’Afurika y’i Burasirazuba ndetse n’ahandi ku isi, yerekeje mu Burengerazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bitewe n’intambara ya M23 n’igisirikare cya Congo.

Ni intambara Guverinoma ya Congo ishinja u Rwanda ko ari rwo rufasha uyu mutwe wa M23, gusa u Rwanda narwo rukaba rudasiba guhakana ibi, ari byo bikomeza gukurura umwuka mubi hagati y’ibihugu bitandukanye.

Umuhanzi Bruce Melodie akoresheje imbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ko afite icyizere ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame azabasha kugarura amahoro ndetse n’umutuzo muri aka karere.

Ni ubutumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ye, aho yabuherekesheje ifoto y’umukuru w’igihugu, mu gihe impande iki kibazo kireba nazo zikomeje gushaka umuti wacyo. Ati: "Dufite icyizere ko Umugaba w'Ikirenga Paul Kagame azazana amahoro n'umutuzo muri aka Karere".

Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi b'ibyamamare mu Rwanda no mu Karere, dore ko afite indirimbo zitari nke zakunzwe ku rwego mpuzamahanga, ndetse akaba yarahawe ibihembo bitandukanye birimo Trace Awards, PGGSS n'ibindi.

Perezida Kagame ashimirwa uko yitwara mu gukemura ibibazo


Bruce Melodie afitiye icyizere Perezida Paul Kagame


Bruce Melodie avuga ko afitiye icyizere cyinshi Perezida Kagame






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND