Kigali

Kanye West yarumye ahuha ku byo guhangana na Kendrick Lamar

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/02/2025 11:06
0


Umuraperi Ye, wahoze yitwa Kanye West, yongeye gushimangira icyizere afitiye ubushobozi bwe mu muziki, aho yatangaje ko ari we wenyine ushobora guhangana na Kendrick Lamar mu njyana ya Rap.



Mu kiganiro yagiranye na Justin Laboy kuri The Download cyatambutse ku wa Kabiri, tariki ya 4 Gashyantare, Ye yahaye Lamar icyubahiro nk’umuraperi ukomeye, ariko anavuga ko we ubwe afite ubushobozi bwo kumutsinda mu miririmbire kuko yiyizera nk’umuntu ufite ‘ubwenge budasanzwe.’

Yagize ati: “Niba ushaka guhangana na Kendrick Lamar, uzatsindwa. Uyu mugabo ni umuhanga muri Rap.”

Yagereranyije Lamar n’icyamamare cyo mu mikino izwi nka ‘Street Fighter,’ Chun-Li, avuga ko guhanganisha Kendrick Lamar n’abandi baraperi ari nk’igihe uba ufite umukinnyi ufite ubuhanga budasanzwe ku buryo bigorana kumutsinda.

Ye yasubiyemo amagambo nk’ayo Joe Budden aherutse gutangaza, aho yagize ati: “Ntimukagerageze kumpanganisha na Kendrick Lamar.’ Ni ibintu bigoye cyane. Ariko njyewe ndihariye, ndi umuhanga udasanzwe, bityo birashoboka.”

Muri iki kiganiro, Ye yavuze ko nubwo Lamar yahigitse Drake mu miririmbire, bitavuze ko Drake atazakomeza kwigaragaza mu mwaka wa 2025. Yagereranije Drake n’umukinnyi wa NBA Steph Curry, ati: “Ntushobora na rimwe kwibagirwa Steph Curry, kuko ashobora gutsinda amanota 200 mu mukino umwe.”

Ye yashimiye Drake nk'umuhnzi wazamuye urwego rw’umuziki, avuga ko n’abandi bahanzi nka Future na Kendrick Lamar bagize uruhare mu guhindura umuziki wa rap.

Kendrick Lamar na Kanye West bafitanye amateka akomeye kuko bakoranye kuri album ‘The life of Pablo’ yasohotse mu 2016, iyi ikaba yaramamaye cyane kuko yahawe ibihembo binyuranye.

Aba bombi baririmbanye mu ndirimbo yitwa ‘No more parties in LA’. Nyuma byaje kuvugwa ko bafitanye indirimbo zirenga 40 nubwo hari izitarajya hanze.

Ye [Kanye West] yavuze ko ari we wenyine ushobora gutsinda Kendick Lamar muri Rap

Kendrick Lamar aherutse kwegukana ibihembo bitanu muri Grammy Awards 2025






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND