Mu gace ka Bareilly, muri Leta ya Uttar Pradesh mu Buhinde, umugore w’imyaka 32 yatawe muri yombi nyuma yo kwica umugabo witwa Iqbal amunize ubwo bari baryamanye.
Uyu mugore yavuze ko yari
arambiwe itotezwa rya Iqbal wari umaze igihe amuhatira imibonano mpuzabitsina
amukangisha kumusenyera urugo.
Nk’uko byatangajwe n’inzego
z’umutekano, uyu mugore yamenyanye na Iqbal ubwo yazaga mu mudugudu wabo gukora
akazi k’ubuhanzi bwitwa Zari Zardosi. Baravuganye kenshi kuri telefone
kugeza ubwo Iqbal yatangiye kumusaba ko bazahura.
Umunsi umwe, ngo yamusabye
kumusanga iwe, amuhatira imibonano mpuzabitsina. Uwo mugore avuga ko yamubwiye
ko azabibwira umugabo we, ariko Iqbal amusubiza ko afite amajwi yamufashe kuri
telefone ndetse ko ashobora kuyakoresha mu kumusebya no gusenya urugo rwe.
Uwo mugore yagize ati: “Nari
ndambiwe! Mfite abana bato, nuko nihangana. Yanjyanye mu mibonano ku gahato
kenshi anyiyama ngo ntabivuga.
Ku wa Gatatu, Iqbal yari amaze
kujyana umugore we gusura iwabo, maze uwo mugore aramuhamagara amusaba ko
bahura. Iqbal yamusabye gushyira imiti isindisha mu cyayi cy’umugabo we kugira
ngo asinzire. Uyu mugore ati: “Saa mbiri z’umugoroba, nashyize iyo miti mu
cyayi cy’umugabo wanjye, aranywa ahita asinzira.”
Saa tanu z’ijoro, yahamagaye Iqbal amusanga iwe. Ubwo bari kumwe, Iqbal yatangiye kwishimisha, ariko umugore yari yifitemo igitekerezo cy’uko ari we wari bwikize cyangwa Iqbal akicwa.
Ati: “Namwicayeho ku gituza, mufata ku munwa munigisha amaboko kugeza apfuye. Nyuma
yo kwemeza ko yapfuye, namukururiye ku muryango wa esikariye, maze ndahunga
ndataha.”
Nyuma y’iminsi ibiri, umurambo wa
Iqbal wabonywe hafi y’aho yabaga, bituma inzego z’umutekano zitangira
iperereza. Uyu mugore yafashwe nyuma yo gutanga ubuhamya bwimbitse yemera
icyaha.
Uyu mugore yavuze ko yifuje gukiza umuryango we, akaba nta mahitamo yari asigaranye. Ibi byatumye benshi bagaragaza ibitekerezo bitandukanye kuri iyi nkuru, bamwe bamugira umwere bavuga ko yari yugarijwe n’itotezwa, mu gihe abandi bavuga ko kwica atari cyo gisubizo.
Mu Buhinde umugore yatawe muri yombi azira kuniga umugabo wari umurembeje amusaba ko baryamana
TANGA IGITECYEREZO