Kigali

Algeria niyo ituwe n'abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri hejuru muri Afurika: U Rwanda ruhagaze he?

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/10/2024 17:40
0


Kugeza uyu munsi, ntawe umenya igihe azamara ku Isi usibye kuba ibihugu bimwe na bimwe bigereranya bikagena igihe ababituye bashobora kubaho. Muri Afurika, Algeria iyoboye ibihugu bituwe n'abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri hejuru, mu gihe mu Rwanda, iki cyizere kiri ku myaka 69 na yo iteganya kongerwa.



Ubushakashatsi bugaragaza ko mu ntangiriro z’ikinyejana cya 19, nta gihugu na kimwe ku Isi cyari gifite abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri munsi y’imyaka 40, u Rwanda rwari mu bya nyuma bifite abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri hejuru kuko cyari ku myaka 41.

Icyo gihe 73% by’abagore babyara, babyariraga mu ngo. Nyuma yo kuvuka kandi, abana 49% bari munsi y’imyaka itanu barwaraga indwara zitagira ingano z’amoko menshi, ziganjemo iziterwa n’imirire mibi.

Mbere y’icyo gihe, ikiremwamuntu cyari gifite ubumenyi buke ku bijyanye n’ubuvuzi, mu bihugu hafi ya byose, abakurambere bacu babagaho bitegura no gupfa hakiri kare.

Mu myaka ya mbere, kubona umuntu ugejeje imyaka 100 byari ihurizo, n’uwayigiraga byageraga icyo gihe atabasha no guhaguruka kubera ubuzima bubi.

Ubu tugeze mu kinyejana cya 21, kubona abantu bari hejuru y’imyaka 100 ku Isi bisigaye byoroshye ndetse imibare igaragaza ko bikubye kabiri ugereranyije n’ikinyejana giheruka aho ubu nibura bari hafi igice cya miliyoni ku Isi.

Umuntu wabayeho igihe kirekire ku Isi ni Umufaransakazi Jeanne Calment wapfuye mu 1997 afite imyaka 122 mu gihe ukuze kuruta abandi ari Umuyapanikazi Tomiko Itooka ufite imyaka 116.

Biragoye kumvisha umuntu uburyo mu 1989 icyizere cyo kubaho ku Banyarwanda cyari imyaka 29, mu 1994 kikagera ku myaka 41, nyuma y’imyaka itandatu hiyongereraho akantu gato kigera ku myaka 49, uyu munsi kikaba ari imyaka 69 ndetse hari icyizere ko kizakomeza gutumbagira.

Mu 2018, Perezida Kagame ubwo yavugaga ku cyizere cyo kubaho mu Banyarwanda yagize ati: “Tuzakomeza gukora ibishoboka gikomeze kuzamuka.”

Mu kiganiro Waramutse Rwanda gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu, Rutaremara yerekanye ko mu myaka 30 iri imbere ibintu byose bizaba byarikubye na cyane ko ikoranabuhanga rizaba ryishingikirizwa mu nzego hafi ya zose.

Icyo gihe yashimangiye ko bizarenga gupima cyangwa kuvura izi ndwara zisanzwe, bikagera no ku kuvura izidakira nka za kanseri, diyabete n’izindi zose zibangamiye ubuzima bw’Abanyarwanda cya cyizere na cyo kizamuke.

Ati: “Bizatuma abantu babaho igihe cyisumbuye, cya cyizere cyo kubaho kinarenge imyaka 100 kigere ku myaka 120. Nubwo abantu nka njye batazabibona ariko abana bazabibona. Ibyo ni byo tugiye kwinjiramo kubera iryo koranabuhanga.”

Kugira ngo icyizere cyo kubaho cyiyongere, ntibishingira ku ndyo umuntu arya, ahubwo bishingira ahanini ku buzima aba abayemo umunsi ku wundi na gahunda zimufasha kubona ibyo akeneye ariko bigamije imibereho myiza ye.

Nko mu Rwanda gahunda zirimo Mutuelle de Santé, Girinka, amavuriro hafi ni bimwe mu byazamuye icyizere cyo kubaho mu Rwanda.

Raporo ya World Population Prospect yagiye hanze mu 2022, yagaragaje ko hari icyizere cy’uko umwana uvutse muri Algeria azabaho imyaka 77. Kugeza ubu iki gihugu kiracyayoboye urutonde rw’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bituwe n’abaturage bafite icyizere cyo kubaho, kikaba gikurikirwa n’ibindi bihugu birimo Cabo Verde, Tunisia, na Maurice.

Dore ibihugu 10 byo muri Afurika bifite abaturage bafite icyizere cyo kubaho kiri hejuru hashingiwe kuri raporo y’Umuryango w’Abibumbye:

Rank

Country

Life expectancy

1

Algeria

77 years

2

Capo Verde

76 years

3

Tunisia

76 years

4

Morocco

75 years

5

Mauritius

75 years

6

Seychelles

75 years

7

Libya

73 years

8

Western Sahara

71 years

9

Egypt

70 years

10

Senegal

69 years

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND