RFL
Kigali

MU MAFOTO 100: Twinjirane mu mukino Amavubi yakoreyemo ibyo yaherukaga mu 2021

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:16/10/2024 14:07
0


Ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi yatanze ibyishimo ku Banyarwanda itsinda Benin ibitego 2-1 mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2025 kizabera mu 2025 ,ikora ibintu yaherukaga gukora mu 2021.



Ku munsi w'ejo ku wa Kabiri Saa Kumi n'Ebyiri ni bwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi, yari yakiriye Benin kuri Stade Amahoro mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2025 kizabera muri Morocco.

Uyu mukino warangiye Amavubi atsinze ibitego 2 bya Nshuti Innocent ku munota wa 70 na Bizimana Djihad ku munota wa 75 kuri penaliti yarivuye ku ikosa n'ubundi yarakorewe, kuri 1 cya Benin cyatsinzwe na Andreas Hountondji ku munota wa 42.

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda yatsinze yari yabanjwe igitego ,ibintu byaherukaga tariki ya 21 Mutarama muri 2021 ubwo yatsinda Togo ibitego 3-2 mu mikino ya CHAN.

Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Amavubi yahise ajya ku mwanya wa 3 n'amanota 5 mu itsinda D arimo aho arushwa na Benin ya Kabiri inota rimwe.

Biteganyijwe ko Amavubi azasubira mu kibuga muri iyi mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2025 kizabera muri Morocco akina na Libya tariki ya 11 z'ukwezi gutaha kwa 11.

Nyuma y'umukino bamwe mu batoza ba Benin bashatse guteza akavuyo abashinzwe umutekano baba hafi



Byari ibyishimo kuri Ntwari Fiacre nyuma yo kubona intsinzi 



Byari ibyishimo ku bafana bari muri Stade Amahoro 









Nyuma y'umukino abakinnyi b'Amavubi bishimanye n'abafana 









Bamwe mu bafana basanzwe bazwi bari babukereye mu myambaro y'Amavubi n'amabendera







Ruboneka Jean Bosco yinjiye mu kibuga asimbuye akora akazi kadasanzwe





Nshuti Innocent yishimira igitego 



Imanishimwe Emmanuel Manguende ni umwe mu bakoze akazi gakomeye muri uyu mukino 












Byari ibyishimo ku barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga 










Abakinnyi 11 b'Amavubi bari babanje mu kibuga 

Abakinnyi 11 ba Benin babanje mu kibuga 



Hitimina Claude na Brian nibo bari abashyushyarugamba kuri uyu mukino 











Ubwo abakinnyi b'Amavubi bishimiraga igitego cya Kabiri cyatsinzwe na Bizimana Djihad 




Andreas Hountondji n'abagenzi be bishimira igitego yatsinze 









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND