RFL
Kigali

Uko Rusine Patrick atahiriwe n’ibitaramo yagombaga gukorera mu Bufaransa no mu Budage-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/09/2024 16:37
0


Mu myaka itanu ishize ari mu rugendo rwo gutera urwenya nk’umunyarwenya wabigize umwuga, Patrick Rusine ntiyigeze yumvikana mu bitaramo byo mu bihugu byo mu mahanga ariko izina rye ryiganje cyane mu bagiye bataramira mu bice bitandukanye by’u Rwanda.



Yatangiye urwenya ari mu mutaka w’abarimo Nkusi Arthur ndetse na Mugisha Emmanuel wamamaye nka Clapton Kibonge baje no gukorana filime bise ‘Mugisha na Rusine’.

Hamwe no gukomeza kuzamuka kw’izina rye, byatumye bimwe mu bitangazamakuru bimurambagiza, atangira urugendo rw’itangazamakuru.

Yakoreye Power Fm, ndetse muri iki gihe ni umunyamakuru wa Kiss FM, aho azajya akorana ikiganiro ‘Kiss Breakfast’ na Anitha Pendo, uherutse gusezera mu Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Uyu munyarwenya yagiye agaragara cyane mu bitaramo birimo nka Seka Live, Gen-Z Comedy, iby’umunyarwenya Japhet Mazimpaka yakoreye mu Ntara n’indi. Ariko mu 2023, yakoze igitaramo cye bwite yise ‘Inkuru ya Rusine’.

Rusine agaragaza ko inzira ye yo gutera urwenya itari iharuye nk’uko buri wese yabyiyumvisha, kuko yahuriyemo n’ibyiza n’ibibi, ariko hamwe no gushikama hari intera agezeho.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Rusine yavuze ko yagerageje uko ashoboye kugirango abone ibitaramo by’urwenya yari kwitabira mu Bufaransa no mu Budage, ariko byagiye bipfa ku munota wa nyuma.

Yasobanuye ko yetekereje gukorera ibitaramo hanze y’u Rwanda, kubera ko yashakaga gutera ikirenge mu cya bagenzi be b’abanyarwenya bataramiye igihe kinini mu bihugu byo mu Burayi n’ahandi.

Ati “Nyuma y’igitaramo cyanjye bwite nari nyotewe nanjye kujya mu mahanga, kugirango ngire ubumenyi ku bitaramo by’ahandi. Nabishyizemo imbaraga nyinshi biranga. Byaranze. Kandi bitanturutseho.”

Yavuze ko yari yateguye kujya mu Bufaransa ‘ntibyakunda’, ndetse yari yavuganye n’abantu bo mu Budage agomba kujyayo ariko ku munota wa nyuma ‘ntibyakunda’.

Akomeza ati “Twagombaga kugenda turi babiri, uwo wa kabiri biba ngombwa y’uko abisubika, igihe abisubukuriye nanjye sinaboneka, ubwo rero, n’icyo gitaramo cya mbere ni hafi aho ngaho.”


Rusine Patrick yatangaje ko mu 2023 yagerageje gukorera ibitaramo mu Bufaransa no mu Budage biranga


Rusine yavuze ko igitaramo cyo mu Budage cyapfuye ku munota wa nyuma, kuko uwo bari kujyana yabuze


Rusine avuga ko imyaka itanu ishize ari mu batera urwenya, yahuriyemo ibyiza n’ibibi

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA RUSINE PATRICK

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND