Nyuma y'ibiganiro n'imishyikirano byari bigoye cyane, abanyamerika batatu barimo abanyamakuru batatu barekuwe, byongera gusobanura ikintu gikomeye ku buyobozi bwa Perezida Joe Biden wikuye mu kwiyamamariza kongera kuyobora iki gihugu.
Ubuyobozi bwa Biden
bwatangaje ko Abanyamerika batatu bari bafungiye mu Burusiya, barimo
umunyamakuru wa Wall Street Journal, Evan Gershkovich na Paul Whelan barekuwe, nyuma y’amezi menshi y'imishyikirano igoye
yari irimo gukorwa n'ibihugu umunani n’imfungwa 24.
Nyuma y'uko izi
mfungwa zirekuwe, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden,
yatangaje ko azakora uko ashoboye u Burusiya ntibwongere gufunga abanyamerika,
ariko kandi ashimangira ko nibanabatwara nawe azongera akabagarura mu gihugu
cyabo.
Yagize ati: "Akazi
kanjye ni ukumenya neza ko batazabatwara, ariko nibanabikora
tuzabagarura."
Mu ijoro ryakeye, ni bwo
aba banyamerika batatu barimo n'umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Amerika
n'ubw'u Burusiya, basesekaye muri Amerika n'akanyamuneza kenshi.
Uku kugurana imfungwa 24,
ni cyo gikorwa kigari cyane kuva Intambara y'ubutita yarangira haba muri
Amerika, u Burusiya, u Budage ndetse no mu bindi bihugu bitatu byo mu
Burengerazuba.
Iki gikorwa, ni intsinzi
ikomeye kandi yaharaniwe cyane ku buyobozi bwa Biden, bwatumye habaho irekurwa
ry'abantu barenga 60 bafashwe bugwate hirya no hino ku isi mu myaka ishize.
Mu ijambo rye, Perezida
Biden yagize ati: "Bose bihanganiye imibabaro irenze ubwenge bwa muntu
kandi idashidikanwaho. Uyu munsi, ububabare bwabo burarangiye."
TANGA IGITECYEREZO