RFL
Kigali

Lupita Nyong’o, Otile na Khalif wavuzwe mu rukundo n’umunyarwanda mu byamamare bishyigikiye imyigaragambyo

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:26/06/2024 10:30
0


Ibintu bikomeje gufata intera muri Kenya aho urubyiruko rugaragaraza ko rudashyikiye ibyerekeranye no kuvugurura Itegeko rigenga cyane ku ngingo irebana no kongera imisoro ejo rukaba rwariraye ku biro by’Inteko Ishinga Amategeko barabyangiza.



Ubu intero iri mu Banyakenya ni #rejectfinancebill2024, ugenekereje bikaba ari 'hagarika kuzamura imisoro' ibi bikaba bimaze iminsi bigarukwaho muri iyi Kamena.

Aho abiganjemo urubyiruko bagaragaraza ko batemeranya n’icyemezo cy’amavugurura ya Leta, ibyamamare binyuranye muri iki gihugu bikaba byagaragaje ko nabyo bishyigikiye uru rubyiruko.

Lupita Nyong’o uri mu Banyakenya bamaze kwibikaho abatagira ingano babakurikira biturutse ku buryo yihagazeho mu gukina filime mu ruhando muzamahanga, yagaragaje ko ashyikiye uru rubyiruko rukomeje guharanira uburenganzira bwarwo.

Mu butumwa yashyize hanze mu masaha make ashize, yagize ati”Nsuhuje urubyiruko rwose rwa Kenya, ntewe ishema nabo kuba barabashije guhuza imbaraga ngo barwanye izamurwa ry’imisoro no gukomeza guharanira demokarasi mu gihugu cya Kenya.”

Yakomeje agaragaza ko atewe kandi agahinda no kuba hari ababuriye ubuzima bwabo muri iyi nkundura ndetse kandi ko yifatanyije n’ababuze ababo.

Asaba kandi Guverinoma ya Kenya ko yashyira imbere  ibikorwa byo kunga abanyagihugu no gushaka uburyo hatakomeza kumvikana ibibazo bya hato na hato by’imiyoborere idahwitse.

Otile Brown na we yasangije abamukurikira amashusho agaragaza ko na we ashyigikiye ibikomeje gusabwa n’urubyiruko, aboneraho gusaba Leta guhagarika ibikorwa byo kwica ati”Muhagarike gukomeza kwica inzirakarengane, abanyamahoro n’abasivili baharanira uburenganzira bwabo.”

Khalif Kairo umushabitsi umaze iminsi aca ibintu mu myidagaduro nyarwanda nyuma yo kugaragara ari kumwe n’umupilote w’umunyarwandakazi, Huguette Umuhoza, na we yagaragaje ko ashyigikiye abigaragambya.

Nibaramuka bashyize mu bikorwa iri vugurura yumvaga azahita akura amaboko ku gihugu cyamubyaye gusa ariko yaje gusanga ataricyo kintu gikenewe ahubwo agomba guharanira uburenganzira bukwiye bw’abasora.

Hari n’ibindi byamamare bitandukanye birimo Willy Paul, umunyarwenya Blessed Njugush, umunyamakuru Betty Kyalo n’abandi benshi bakomeje kugaragaza ko badashyigikiye aya mavugura  Leta ishaka gukora.


Otile Brown yasabye ko hahagarikwa kwica urubyiruko ruharanira uburenganzira bwarwo Lupita Nyong'o yasabye Guverinoma ya Kenya gushaka igisubizo kirambye cy'ibabazo bikomeje kuzamura imyigaragambyo, yihanganisha abakomeje kuyiburiramo ababoKhalif umaze iminsi avugwa mu nkuru na Huguette w'umunyarwandakazi na we yahagukurukijwe no kurwanya izamurwa ry'imisoro






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND