Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryijeje u Rwanda ubufasha mu guhangana n’icyorezo cya Marburg Minisiteri y’Ubuzima yamaze gutangaza ko cyageze mu Rwanda.
Umuyobozi Mukuru w'Ishami
rya Loni ryita ku Buzima, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yijeje ko OMS
yiteguye gukorana n'u Rwanda mu guhangana n'ikwirakira rya virusi ya Marbug
yagaragaye mu Gihugu no gufasha mu kurinda abafite ibyago byinshi byo
kuyandura.
Dr. Tedros yagize ati:
"Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko hari abarwayi ba Marburg. OMS izakomeza
kongera ubufasha ndetse ikorane na Guverinoma y’u Rwanda mu guhagarika
ikwirakwira ry’iyi virus mu kurinda abaturage bari mu byago."
Ibi, ni nyuma y’uko Minisiteri
y'Ubuzima itangaje ko mu Rwanda hagaragaye abarwayi bake barwaye indwara
y'umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg.
Mu bimenyetso by'iyi
ndwara harimo umuriro mwinshi, umutwe ukabije, kuruka, kuribwa mu mitsi cyangwa
kuribwa mu nda.
Mu itangazo ryashyizwe
hanze na Minisiteri y’Ubuzima, yavuze ko ikomeje iperereza ku nkomoko y’iyi
ndwara, kandi ko hashyizweho ingamba zo kuyirinda no kuyikumira mu bitaro no mu
bigo nderabuzima bitandukanye.
Iri tangazo ryashyizwe
hanze kuri uyu wa Gatanu riragira riti: “Hatangiye igikorwa cyo kumenya abagiye
bahura n’abagaragaweho n’iyi virusi, mu gihe abarwayi bakomeje kwitabwaho
n’abaganga.”
Minisante ikomeza igira
iti: “Iyi ndwara ikwirakwizwa no gukora ku maraso n’amatembabuzi y’abantu
bayirwaye. Ntabwo ikwirakwizwa binyuze mu mwuka.”
Minisitiri w’Ubuzima, Dr.
Sabin Nsanzimana, yahumurije Abanyarwanda, avuga ko iki cyorezo kizatsindwa,
ati: "Dufatanye twese guhangana n’ iyi virusi ya Marburg. Andi makuru
turakomeza kuyabagezaho mu masaha ari imbere. Tuzayitsinda vuba."
Virusi ya Marburg ni
icyorezo kiri mu cyiciro cy’ibindi bikomeye nka Ebola. Yamenyekanye cyane mu
1967 mu mijyi ya Marburg na Frankfurt mu Budage ndetse no mu mujyi wa Belgrade
muri Serbia.
Ibindi byorezo bya
Marburg byagiye bigaragara mu bihe bitandukanye mu bihugu nka Angola, RDC,
Kenya, Afurika y’Epfo na Uganda.
Minisiteri y’Ubuzima yasabye uwagira ibi bimenyetso guhamagara RBC kuri numero 114.
TANGA IGITECYEREZO