RFL
Kigali

Akantu ku kandi ku rukundo rwa Davido na Chioma babura amasaha mbarwa bagakora ubukwe bw’agatangaza

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/06/2024 17:57
0


Ubukwe bwa Davido na Chioma butegerejwe na benshi ndetse bwitezweho gutigisa imyidagaduro y'isi cyane ko uyu muhanzi akomoka mu miryango y’abanyamafaranga n’abanyapolitike, akaba anazi kubana yaba n’abahanzi bakomeye ku isi n’ibindi byamamare birimo n’abo mu mupira w’amaguru.



Inkuru y'urukundo rwa Davido na Chioma yazamuye imbamutima za benshi kuva mu ntangiriro kugeza n’ubu. InyaRwanda igiye kugaruka ku rukundo rw'aba bombi babura gato bagakora ubukwe.

Uko aba bombi bahuye mu mwaka wa 2013

Urukundo rw'aba bombi rwatangiye mbere y'uko Davido aba icyamamare nk'uko biri muri iyi minsi, kuko icyo gihe aba bose bigaga muri Kaminuza ya Babcock.

Muri icyo gihe Davido yigaga ibijyanye n’umuziki, mu gihe Chioma yakurikiranaga ibirebana n’ubukungu. Ubwo Davido yakubitaga amaso uyu mukobwa, umutima wahise ugenda.

Mu kiganiro kimwe Davido yagiranye na Tayo Aina avuga ku nkuru y’urukundo rwabo, yagize ati: ”Nari nkiri mu ishuri ubwo nahuraga n’umugore wanjye. Ndibuka uwo munsi ubwo namubonaga, sinjya byibagirwa. Icyo gihe nari nicaye muri Prado, narahindukiye mubona atambuka afite agakapu mu ntoki.”

"Nahise mbwira uwo twari kumwe ngo uriya mukobwa namukunze, aramuhamagara ariko icyo gihe ntabwo yahise anyitaba nyuma twaje guhurira muri Lagos.

Muri Mutarama 2018: Chioma yaherekeje Davido mu birori by’umuryango

Muri 2018, hari amakuru y'uko hari umukobwa utazwi wari mu rukundo na Davido, ibyo byari biturutse ku mashusho yari yaratangiye gucicikana muri 2017, aba bombi bari kumwe.

Muri Mutarama 2018, Davido yakuye abantu mu gihirahiro ajyana uyu mukobwa mu birori by’umuryango byabereye mu Ntara Osun uwo yari Chioma.

2018 wabaye umwaka bagaragayemo cyane bari kumwe

Amakuru avuga ko aba bombi batangiye gukundana muri 2015, ariko bakomeza kugira urukundo rwabo ubwiru. Bidatinze Davido yaje kwifashisha uyu mukobwa mu ndirimbo yise ‘Assurance’ yanamwandikiye.

Mu mpera z’uwo mwaka hari mu Ukuboza, Davido yazanye Chioma ku rubyiniro imbere y’abafana ibihumbi, ibintu byafashwe nko gushimangira mu ruhame urwo akunda uyu mukobwa, binarenzeho amusomera mu ruhame.

Muri Nzeri 2019 Davido yerekanwe mu muryango wa Chioma

Muri uko kwezi uyu muhanzi w’icyamamare yasangije abamukurikira ku mbuga zitandukanye amafoto agaragaza ibyishimo atewe no yamaze kwerekanwa mu muryango w’uwo yihebeye.

Nzeri 2019 Davido yambitse impeta Chioma

Mu musangiro wihariye aba bombi bagiranye mu Bwami bw’u Bwongereza, Davido yambitse impeta Chioma wari unatwite imfura yabo.

Impeta uyu muhanzi yambitse Chioma warizwaga n’ibyishimo, yari ihagaze Miliyoni 2.5Frw, ikaba yari ikoze mu mulinga wa diyama.

Mu Ukwakira 2019 bibarutse imfura yabo

Ku munsi w’icyumweru itariki ya 20 Ukwakira 2019, ni bwo bibarutse imfura. Davido abinyujije kuri X [Twitter] yatangaje ko yibarutse umwana w’umuhungu bise ‘David Adedeji Ifeanyi Adeleke Jnr’.

Mu 2020 Icyorezo cya COVID19 cyitambitse ubukwe bw'aba bombi

Davido na Chioma biteguraga gukora ubukwe mu mwaka wa 2020, ariko bitewe n’icyorezo cya COVID19 ntabwo byaje gukunda.

Mu Ugushyingo 2022 umuhungu wa Davido na Chioma yitabye Imana mu buryo butunguranye

Muri 2022 Ifeanyi imfura y'aba bombi yitabye Imana aguye muri pisine yo mu rugo rwa Se, ajyanwa byihuse kwa muganga ariko yari yamaze kwitaba Imana.

Muri 2023 amakuru yacicikanye ku bwinshi ko aba bombi bakoze ubukwe mu ibanga:

Aya makuru yatangajwe na Davido ubwe mu kiganiro yagiranye na Bukunmi Adeaga Ilori, icyo gihe yatangaje ibikorwa amaze iminsi ahugiyemo birimo na Album, ibiruhuko, anatangaza ko yamaze gukora ubukwe.

Kamena 2023 yabereye ukwezi gukomereye aba bombi mu rukundo

Muri uku kwezi hagiye hanze amakuru y’abagore babiri bavugaga ko Davido yabateye inda harimo Anita Brown wo muri Amerika na Ivanna Bey wo mu Bufaransa.

Aba bose bavugaga ko baryamanye n’uyu muhanzi kandi yabateye inda, umwe yahise anatangaza ko Chioma atwite impanga mu kugaragaza ko afite amakuru afatika, gusa Davido yanze kubyinjiramo bibura gishyigikira birarangira.

Ukwakira 2023 Imana yabashumbushije abana b’impanga

Aba bombi mu 2023 bungutse abana b’impanga bavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibintu byazamuye amarangamutima y’abakunzi b’uyu muhanzi.’

Kuwa 10 Ukwakira 2023 ni bwo amakuru yamenyekanye ko bibarutse, gusa kuwa 13 Ukwakira 2023 ni bwo hagiye hanze amashusho agaragaza aba bombi bari mu byishimo.

Kamena 2024 ukwezi kwa Davido na Chioma mu birori

Ukwezi kwatangiranye n’inkuru z’uko aba bombi bafite ibirori by’ubukwe ndetse kuwa 23 Kamena 2024 aba bombi basangije ababakurikira amafoto ya mbere y’ubukwe bwabo butegerejwe i Lagos kuwa 25 Kamena 2024.

Davido yatewe ibyishimo no kwakirwa n'umuryango wa Chioma hari mu mwaka wa 2019Davido yambikiye Chioma impeta y'agatangaza muri London umurwa mukuru w'u Bwongereza Ibyishimo byakomeje kuganza mu buzima bwabo nubwo bwose bagiye banyura mu bihe bikomeye birimo gupfusha imfura yaboAha bari kumwe n'imfura yabo yitabye Imana ubu Imana yabashumbushije abana babiri b'impanga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND