RFL
Kigali

Abanyamideli basaga 100 basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:16/06/2024 11:45
0


Abahuriye mu ruganda rw’imideli biganjemo abanyamideli bahuriye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye ku Rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.



Ni ubwa mbere bibaye aho abanyamideli, abareberera inyungu zabo n’abandi bafite aho bahuriye n’uruganda rw’imideli bahurira mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bakaba bifuza ko bitazarangirana na 2024 ahubwo bagakomeza kujya batanga umusanzu wabo mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu butumwa bwa Mutabazi Ally, Umuyobozi Mukuru wa RFMU [Rwanda Fashion Models Union] yagize ati”Aba models bishimiye iki gikorwa cyabaye kuko cyabafashije kumenya kurushaho amateka no kumenya uruhare rwabo mu kurwanya ingenga bitekerezo ya Jenoside”

Anagaruka ku kuba bituma barushaho kumva akamaro ko kuba umwe no guteza imbere igihugu.

Mu bitabiriye iki gikorwa barimo Umuyobozi wa WeBest Models, Franco Kabano, Mucyo Sandrine nyiri  ibirori bikomeye by’imideli bya The Stage na Hakizimana Hubert Umunyamabanga Mukuru wa RFMU.

Hari kandi n’abanyamahanga baje kwifatanya n’aba banyamideli mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994 nka Everine umaze gushinga imiziki ku mugabane w’u Burayi.Abanyamideli n'abafite aho bahuriye n'uru ruganda basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi Nyuma y'urugendo rwo Kwibuka, gushyira indabo aharuhukiye imibiri yabazize Jenoside yakorewe Abatutsi bagize n'umwanya wo kungurana ibitekerezoBakoze urugendo rwo Kwibuka mu rwego rwo gukomeza guha icyubahiro abazize Jenoside no kuzirikana urugendo rutoroshye banyuzemoFranco Kabano na Sandrine Mucyo bari mu bitabiriye iki gikorwa banashyira indabo aharukiye imibiri y'abazize Jenoside yakorewe AbatutsiInzu zireberera inyungu z'abanyamideli zisaga 20 n'abanyamideli barenga 100 ni bo bitabiriye iki gikorwa Abitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko ari iby'ingirakamaro Kwibuka kuko bituma barushaho kumenya amateka yaranze Jenoside yakorewe AbatutsiUhereye ibumoso Everine, Sandrine Mucyo nyiri The Stage na Mutabazi Ally Umuyobozi wa RFMU 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND