Nawe agaragaza ko ari indirimbo idasanzwe mu rugendo rwe rw'umuziki! 'Ndandambara' ayivuga nk'indirimbo yatumye aramukanya n'abakomeye barangajwe imbere na Perezida Kagame, kandi yayihimbye nk'igihangano yumvaga kizamucira inzira, kandi kigatera imbaraga Abanyarwanda.
Ni indirimbo yavuzweho cyane mu bitangazamakuru, icengera mu baturage ahanini biturutse mu kuba yarabaye ibendera ry'umuziki wa Nsabimana Leonard mu gihe cy'amatora y'Umukuru w'Igihugu mu 2017.
Yaracuranzwe harahava, na nyuma y'amatora ikomeza kugaruka mu mitwe ya
benshi ahanini biturutse mu kuba igaruka kuri Perezida Kagame, amagambo
ayigize, uburyo icuranzemo, umudiho w'ayo n'ibindi.
Ukiyumva uyihuza n'amakorasi
(Inyikirizo) yamamaye mu matorero anyuranye y'Abakristu bakunze kwifashisha mu
gihe cyo gushima Imana. Abibuka neza iyi ndirimbo, bumva ko umuhanzi w'iyi
ndirimbo, icyo yakoze ari uguhindura amagambo yari agize korasi yamamaye,
hanyuma agashyiramo amagambo agaruka ku Mukuru w'Igihugu.
Iyi ndirimbo ‘Ndandambara yandera ubwoba’ yamenyekaniye mu karere ka Rubavu. Ni indirimbo yahinduwe ikuwe ku ndirimbo ihimbaza Imana ivuga ngo ‘Nta ntambara yantera ubwoba, iyarinze Daniel nanjye izandinda’ Uwayihimbye akaba yarahise ayishyira mu rurimi rw’ikigoyi ahari Daniel ahashyira Kagame, indirimbo ihita iba ‘Ndandambara yandera ubwoba, iyarinze Kagame nanjye izandinda’.
Tariki 18 Kanama 2017 mu birori
byabereye kuri Stade Amahoro i Remera ubwo Perezida Paul Kagame yarahiriraga
kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka 7 ku majwi asaga 98%, yavuze ko iyi
ndirimbo ‘Ndandambara ‘igaragaza ibyishimo byo gukorera hamwe ku bantu banyuze
mu bibazo byinshi bityo ngo iyo barwana bafite impamvu, nta kintu kiba
gikwiriye kubatera ubwoba kuko Imana iba iri kumwe nabo.
Yagize ati “Hari indirimbo igaragaza
ibyishimo byo gukorera hamwe iyo mwanyuze mu bibazo byinshi. Ni indirimbo
abaturage bandirimbiraga. Iyo ndirimbo ni iyo bahinduye bayikuye ku ndirimbo
ihimbaza Imana ivuga ngo 'Nta ntambara yantera ubwoba'. Iyo turwana dufite
impamvu, nta gikwiye gutuma tugira ubwoba kuko Imana iba iri ku ruhande rwacu.”
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda,
Nsabimana Leonard wahimbye iyi ndirimbo yavuze ko iyo ayumvise
abantu bayiririmba, bimukora ku mutima bikamwumvisha ko yamaze kuba
iy'Abanyarwanda.
Ati "Iyo numvise bayikoresha
njyewe bimpereza ibyishimo! Kuko ntagisa nko kumva igihangano wakoze kiri
gukoreshwa mu gihugu hose, ahantu hagiye hatandukanye, bituma numva ngize
ishema ry'uko Abanyarwanda bari gusubizwamo imbaraga n'icyizere cy'uko nta
ntambara yabatera ubwoba, kubera ko iri gutanga ubutumwa nifuzaga
yatanga."
Imvano y'iyi ndirimbo 'Ndandamara' yamamaye mu matora yo mu
2017
Ni indirimbo yakozwe ivuye ku zindi
ndirimbo zamamaye z'amakorali nka 'Nzakagendana', 'Wadutuye imitwaro
yaduhetamishaga' n'izindi. Izi korasi zaturakaga mu byumba by'amasengesho, aho
abantu baziteraga bitewe n'ibihe byo kuzura umwuka.
Nsabimana Leonard yavuze ko iriya
'korasi' yakunze kuyifashisha cyane akiri muri korali, ndetse ageze mu myaka 13
na 14 iriya korasi yaravuzwe cyane,' ndetse iramamara cyane mu byumba
by'amasengesho n'ahandi.
Ni indirimbo avuga ko yanditse mu
2015, nyuma y'ubuzima butari bwiza yanyuzemo aho atari afite ubushobozi
buhagije, ndetse avuga ko byinshi mu bihangano yagiye asohora mbere y'uko
ashyira hanze iriya ndirimbo, zitamenyekanye bitewe n'uko itangazamakuru
ritamushyigikiye.
Uyu mugabo avuga ko mu 2015 ari bwo
yamenye ko mu 2017 hazaba amatora y'Umukuru w'Igihugu, avuga ko icyo gihe
yahise atangira kwizagamira amafaranga, kugirango azakore iyi ndirimbo ariko
'nshingiye kuri ya korasi twaririmbaga mbere muri korali'.
Ati "Icyo gihe naratekereje,
ntekereza ku mateka y'Igihugu cyanjye, urumva amateka y'Igihugu cyanjye,
Abanyarwanda bo barayazi kurusha abo hanze, amateka y'Igihugu cyacu,
abanyarwanda nitwe tuyazi kurusha abanyamahanga, ubwo rero uko nagendaga
ntekereza iyo ndirimbo n'amagambo yarimo yo muri Bibiliya..."
Yavuze ko ahari 'Daniel' mu ikorasi
yahasimbuje ahashyira Kagame. Kandi yakoze igenzura muri korali zinyuranye,
asanga nta muntu n'umwe cyangwa se korali yigeze igerageza gusubiramo iyi
ndirimbo ngo iyijyanisha n'ibihe bigezweho.
Mbere y'amatora ya 2017 yitabiriye amarushanwa
Nsabimana avuga mbere y'amatora,
yitabiriye amarushanwa yagombaga kuvamo abahanzi bazaririmba, mu gihe cyo
kwiyamamaza kwa Perezida Kagame mu birori byabereye ku kibuga cya Mudende.
Avuga ko ubwo yajyaga mu marushanwa yari yitwaje iyi ndirimbo kuko yari yamaze kuyikora mu buryo bw'amajwi, hanyuma ayigaragariza abahitagamo indirimbo.
Yavuze ko ubwo iyi ndirimbo
yacurangwaga iri kumvwa n'abantu banyuranye, bamwe muri bo bagaragaje
gutungurwa, bibaza cyane cyane ku mpamvu uyu mugabo yahisemo gukoresha ururimi
rw'ikigoyi.
Nsabimana yavuze ko hari umwe mu
bayobozi atigeze amenya neza, wamubajije uko yatekereje guhimba iyi ndirimbo,
amusubiza ko yayitekerejeho mu rwego rwo kuzamamaza Perezida Kagame.
Yavuze ko iyi ndirimbo yatoranyijwe mu zatsinzwe- Abisobanura nk'amahirwe adasanzwe yagize mu buzima ku buryo n'amakuru yamenye ari uko 'indirimbo yahise igera ku Mukuru w'Igihugu'.
Yemeye kandi amenya ko Imana ibaho!
Nsabimana avuga ko yabayeho ubuzima
bubi bugoye burimo no kurara hanze, ndetse no kubura icyo kurya, ku buryo umunsi
indirimbo ye irenga Intara ikagera muri Kigali, ku Mukuru w'Igihugu, yamenye ko
Yezu/Yesu abaho.
Ati “Ni ubuntu bw'Imana ngewe kugeza
iyi saha ni nabwo nemeye ko Imana ibaho. Kuko njyewe ntabwo nemeraga ko Imana ibaho
bitewe n'ubuzima nabagamo, ndara hanze, mbabaye, ndi mu buzima bugoye cyane,
ariko kiriya gihe ni bwo nemeye ko Imana ibaho rwose […]”
Yavuze ko indirimbo ye ikimara gutoranwa,
yashyizwe ku rutonde rw’abahanzi bagomba kuririmba aho Perezida Kagame yari
kwiyamamaza. Icyo gihe yari kumwe n’abahanzi barimo Dream Boys,
Urban Boys, Knowless, Massamba Intore, Jules Sentore n’abandi.
Nsabimana avuga ko mbere y’uko
Perezida Kagame ahagera, yaririmbye iyi ndirimbo inshuro umunani, kandi
abaturage bayakiriye neza ‘binyura umutima wanjye’.
Asobanura ko uriya munsi wabaye intangiriro y’umuziki we kugeza n’ubu. Ati “Uwo munsi naririmbye inshuro umunani. Nararirimbaga, hajyaho undi muhanzi, bakongera bakangarura nkaririmba, undi muhanzi akajyaho, nkongera nkagaruka."
"Ni bwo bwa mbere nari ndirimbye
ahantu [...] ibintu Imana ikora birahambaye, kuko nabashije kuririmbira imbere
y'abantu ntashobora kubara. Numvise ari ibintu nishimiye kugeza Perezida
aje."
Yavuze ko indirimbo ye yacengeye kuri uriya munsi, ku buryo mbere y'uko Perezida Kagame atangira ijambo rye amaze gusuhuza abaturage, bose bahise baririmbira icyarimwe indirimbo ye 'Ndandambara'.
Ati "Bakimara kuririmba 'Ndandambara' inshuro ebyiri, ngiye
kumva numva Perezida aravuze ati 'Nanjye mbafite nta ntambara yantera
ubwoba."
Nsabimana yavuze ko Perezida Kagame
akimara kuvuga ku ndirimbo ye yagowe no kwakira ibibaye, ahubwo aca bugufi
ashima Imana yamuciriye inzira yo kugera kuri icyo kibuga.
Ati "Nahise mvuga nti 'Nyagasani urakoze ku bw'ibyo unkoreye' [...] Mbere y'uko agenda ijambo rya nyuma nibuka yavuze, yaravuze ati dushaka twabyina iyo ndirimbo (Ndandambara), ako kanya bahise bakina iyo ndirimbo."
Bitewe no kwizihirwa no kuganira
n'abantu banyuranye, imodoka yari yamujyanye i Mudende yaramusize, bituma akora
urugendo rw'amasaha 7 ataha iwe mu Mujyi wa Gisenyi.
Nsabimana yavuze ko Perezida Kagame
avuga ku ndirimbo ye, yahise yiyumvamo ko agiye gukora umuziki mu buryo bw'umwuga,
kandi yatumye ahindura izina yitwa 'Ndandambara' mu gihe yari yatangiye umuziki
yitwa 'Ikospeed'. Yavuze ko yakoze iyi ndirimbo agamije kugira ngo yubake
Abanyarwanda n'Igihugu muri rusange.
Mu Nama y’Ishyaka FPR-Inkotanyi
yabaye kuwa Gatandatu tariki 9 Werurwe 2024, yitabiriwe n’abarenga 2,000
yabereye mu Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa
Kigali, Perezida Kagame yatowe ku majwi 99.1%.
Mu ijambo rye, Umukuru w’igihugu
yashimye abanyamuryango bongeye kumugirira icyizere, ariko abasaba gutangira
gutekereza ku muntu uzamusimbura, cyane cyane abari hagati y’imyaka 30 na 50.
Yagize ati "Umuzigo mwampaye kwikorera
nawemeye nawikoreye. Ariko… ndashaka untura umuzigo nikoreye. Kandi abawuntura
bari muri mwe."
Nyuma y’iyi nama, Perezida Kagame na
Madamu bakiriye abahanzi barindwi barimo: Nsabimana Leonard (Nyiri indirimbo),
Mani Martin, Jules Sentore, Muyango Jean Marie, Ariel Wayz, Alyn Sano ndetse
n’umuraperi Ish Kevin bahuje imbaraga basubiramo indirimbo ‘Ndandambara’.
Nsabimana yavuze ko aramukanya na
Perezida Kagame yumvise ari ibintu bidasanzwe, kandi ari indi intambwe ateye mu
buzima bwe. Ati "Yarambajije ati
imbaraga unyeretse ejo bundi turi kumwe. Ndamubwira nti njye nditeguye ariko musubiza mu rurimi rw'ikigoyi, ndamubwira ngo 'mubyeyi wangabiye, kuri uriya munsi nzaza
nisize inzenda' (insenda). Namubwiye ko nzatuza muhesheje intsinzi."
Nsabimana Leonard wamamaye nka ‘Ndandambara’ yatangaje ko umunsi Perezida Kagame akomoza ku ndirimbo ye, yumvise ko ubuzima buhindutse, kandi yiyemeza gukomeza ku mushyigikira mu matora
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA NSABIMANA LEONARD ASOBANURA IMVANO Y’INDIRIMBO YE
TANGA IGITECYEREZO