Umugabo wari mu kiruhuko cy’akazi akaba ari umupolisi, yarashe umugore we w’isezerano ubwo yasangaga asambana n’umugabo mu modoka yari iparitse ku muhanda.
Aba bombi baparitse imodoka ahasanzwe haparika
abantu benshi maze bafunga ibirahuri batangira kuyisambaniramo, bagubwa
gitumo, bahita baraswa bose barapfa nk’uko bitangazwa.
Uyu mupolisi wo muri Malawi wari warihebeye umugore we yaje kumenya
neza ko umugore we yasohokanye n’undi mugabo, ni ko kubasanga aho bari bari,
abwirwa ko bari mu modoka agenda ayisatira.
Uyu mugabo ubarizwa mu nzego z’umutekano yari
yitwaje imbunda ntoya ageze hafi y’imodoka yumva amajwi avugiramo imbere yumva
ntabwo bamubeshye ni umugore we babana.
Yabanguye imbunda ye ahita abarasa bose kugeza
bashizemo umwuka muri iyo modoka. Ubwo umugore yabonaga umugabo we, yashatse
kwiruka no gusohoka mu modoka, ariko uyu mugabo nta mpuhwe yari afiye kuko yahise
amurasa mbere yo gucika.
Uyu mugabo yajyanwe kuri Polisi kugira ngo hakorwe iperereza ndetse hakusanywe ibimenyetso bigaragaza ibyabaye nk'uko FOM ibitangaza.
TANGA IGITECYEREZO